AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

AUSummit: Perezida Kagame yitabiriye umwiherero w'abakuru b'ibihugu

Yanditswe Jan, 30 2017 08:11 AM | 1,210 Views



Perezida wa republika Paul Kagame uri i Addis Abeba muri Ethiopia, kuri iki cyumweru ni bwo yagejeje ku bakuru b'ibihugu, imyanzuro ijyanye n'ibyavugururwa muri uyu muryango, hagamijwe kuwuha inzego zikemura ibibazo biwugarije.

Perezida wa republika Paul Kagame yitabiriye umwiherero w'abakuru b'ibihugu bigize umuryango wa Afrika yunze ubumwe, wabaye kuri iki cyumweru, anabagezaho raporo ku birebana n'ibyavugururwa muri uyu muryango, bayunguranaho ibitekerezo. Aya mavugururwa agamije gushyiraho uburyo bw'imiyoborere igamije gutuma ubasha gukemura imbogamizi n'ibibazo biwugarije.

Muri uyu mwiherero banarebeye hamwe uko amahoro n'umutekano byifashe kuri uyu mugabane, ndetse bungurana inama no ku cyerekezo 2063 kigaragaza Afurika ibereye abayituye.

Aha i Addis Abeba kandi perezida wa republika mbere yo kwitabira uyu mwiherero, yabanje guhura na president Idris Deby uyobora AU, ndetse ahura n'itsinda ryamufashije gutegura imyanzuro ijyanye n'amavugurura yakorerwa inzego zigize uyu muryango wa Afrika yunze ubumwe.

Biteganyijwe ko muri iyi nama ya 28 y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe, abakuru b'ibihugu bazafata umwanzuro ku zindi ngingo zirimo gutora uzayobora komisiyo y'uyu muryango agasimbura Dr Dlamini Zuma manda ye yarangiye muri kamena 2016, ikongerwa kugeza muri uku kwa mbere, umwanya ubu uhatanirwa n'abakandida 5. Perezida Idris Deby Itno uyobora AU ni bwo azasimburwa ndetse abakuru b'ibihugu bazafata n'icyemezo ku busabe bwa Maroc ishaka kugaruka muri uyu muryango nyuma y'imyaka isaga 30 iwivanyemo.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira