Yanditswe Feb, 03 2017 13:37 PM | 1,292 Views
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aherutse kugeza raporo ku bakuru b'ibihugu bya Afurika mu nama ya 28 y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe yebereye Addis Ababa muri Ethiopia. Iyi raporo yamurikiwe mu muhezo igaragaraza ko Perezida Kagame yabwiye abakuru b’ibihugu ko Afurika ikwiye kuba umugabane utagendera ku nkunga n’imwe y’ibihugu by’amahanga ahubwo yo ubwayo ikishakamo ubushobozi n’ibisubizo by’ibibazo ifite.
Perezida Kagame yavuze ko umwanzuro wafatiwe i Kigali ujyanye na gahunda yo kwihaza ya AU, wabaye imbarutso yo gukora amavugurura y’inzego zayo. Ati “Ibyo ntabwo ari impanuka. Amafaranga wiyishyuriye, uhita urebwa cyane no kuyahesha agaciro.”
Yongeye ho ko gutanga uyu musanzu, bitareba ibihugu bikomeye ahubwo ko bireba buri gihugu.
Raporo y’imari yagaragajwe igena ko buri gihugu kizajya gikata 0.2% by’imisoro y’ibyinjira, akoherezwa muri AU binyuze muri Banki Nkuru z’ibihugu.
Ibi ngo
bizatuma ibihugu bibasha kubona amafaranga yatera inkunga ibikorwa by’Umuryango
ku kigero cya 100%, aho porogaramu n’indi mishinga bigomba gukoresha 75% naho
ibikorwa bijyanye n’amahoro bigakoresha 25%.
Aya mafaranga azajya akusanywa n’ibigo bishinzwe imisoro n’amahoro muri buri
gihugu, ahite yoherezwa mu muryango wa Afurika yunze Ubumwe. Igihugu
kitazubahiriza izi ngamba, amategeko ya AU ateganya ibihano.
Komisiyo ya AU iherutse kwemeza ingengo y’imari ya miliyoni $782 azakoreshwa mu 2017, agera kuri miliyoni $ 200 zonyine akaba ariyo azava mu misanzu izatangwa n’ibihugu bigize uyu muryango.
Source: http://paulkagame.com
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
1 hour
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
2 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
3 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru