AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Ababyeyi bifuza ko abana babana n'ubumuga bakwiga mu mashuli yihariye

Yanditswe Feb, 17 2017 16:00 PM | 1,663 Views



Bamwe mu babyeyi bafite abana bagize ikibazo cy’ubumuga bwo mu mutwe baravuga ko iyo abo bana bagize amahirwe yo kwiga mu mashuli yagenewe abafite ibyo bibazo, biyungura byinshi birimo gutinyuka no kumenya kubana n’abantu.

 Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bavuga ko nyuma yo kumenya ibibazo abana babo bafite bagerageje kubajyana mu ishuli kugira ngo bashobore kwitabwaho. Aba babyeyi basanga nta mubyeyi ukwiye kuvutsa umwana we ufite ubumuga uburenganzira bwe bwo kwiga.

Abayobozi b’amashuri yigenga yigisha abana bafite ubumuga bo bavuga ko bifuza ko Leta yabunganira mu birebana n’ibikoresho by’ishuri ndetse n’ibirebana n’imishahara y’abarimu.

Bumwe mu bumuga bwo mu mutwe usanga bamwe mu bana bafite harimo ubwitwa Trisomie 21, Autisme ituma umwana uyifite aba asa nkuwibereye mu isi ye ku giti cye, kugwingira mu birebana n’ubwenge ndetse n’abana baba baragize uburwayi runaka bagakurizamo kwangirika mu mutwe.



Naomi G

Nibyo, leta niyunganire aba babyeyi habeho a special school or special classes byo kwigishirizamo aba bana. Aba bana bafite dons nyinshi bafite nubwenge seulement ubwonko bwabo bufonctionna differently. Please don't call them ibigoryi Nandi mazina aba degradinga. Ils sont crees a l image de Dieu kandi Imana ntiyibeshye ibarema. Umuntu ubatuka aba atuka Imana yabaremye. Aba bana bafite ibintu byinshi bakwigisha society, ces enfants sont attachant, non judgemental, never have bad intentions... Feb 22, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira