AGEZWEHO

  • Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda? – Soma inkuru...
  • Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y'imyaka 30-49 – Soma inkuru...

Abadepite batoye itegeko rishyiraho urwego rw'umutekano ku ikoranabuhanga

Yanditswe Oct, 21 2016 11:38 AM | 1,320 Views



Inteko rusange y’umutwe w’abadepite yatoye itegeko rishyiraho urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano w’ibijyanye n’ikoranabuhanga rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byarwo.Iri tegeko rigamije gutuma inzego zinyuranye zaba iz’umutekano, ubucuruzi n’izindi gukorana bya hafi mu by’ikoranabuhanga hagamijwe gukumira no kwirinda ibyaha bisigaye bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Iri tegeko rikaba ryatowe n’inteko rusange y’umutwe w’abadepite yo kuri uyu wa kane.

Depite Mukazibera Agnes, perezidante wa komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga umuco n’urubyiruko yasuzumye uyu mushinga, avuga ko kubera uburemere bw’inshingano zarwo, ngo ruzajya rurebererwa na perezidansi ya Republika.

Gusa ariko abadepite bagaragaje impungenge ko uru rwego rushyizweho rwazahuza inshingano na  minisiteri isanzweho ishinzwe ibijyanye n’ikoranabuhanga bityo bakibaza umwihariko warwo.

Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana, asobanura ko uretse kuba uru rwego ruzaba rufite inshingano ziremereye ngo ruzagira umwihariko wo guhuza ibikorwa byinshi by’inzego zinyuranye zifite aho zihuriye n’ikoranabuhanga ndetse n’umutekano muri rusange.




Tedy

nibyiza Oct 22, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama