AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Abadepite bo muri Uganda bagiranye ibiganiro na bagenzi babo mu nteko y'u Rwanda

Yanditswe Mar, 20 2017 12:19 PM | 2,484 Views



Abadepite bagize komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko ya Uganda bari mu Rwanda, kuri uyu wa mbere bakaba bagiranye ibiganiro na komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi y'inteko ishinga amategeko y'u Rwanda. Aba badepite kandi bagiranye ibiganiro na perezida w'inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite Hon. Mukabalisa Donathile.

Umunyamabanga wa Leta muri ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu ushinzwe imibereho y'abaturage, kuri uyu wa mbere yagiranye ibiganiro na komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage mu nteko ishinga amategeko.

Yayitangarije ko Leta y'u Rwanda igiye gushyiraho Ikigo cy'igihugu cy'ingororamuco. Umushinga w'itegeko rishyiraho iki kigo urimo gusuzumwa na Komisiyo y'imibereho myiza mu mutwe w'abadepite.

 Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu Alvera Mukabaramba yavuze ko iki kigo kizahuza imikorere y'ibigo ngororamuco kikanoza imikorere yabyo. Uyu muyobozi avuga ko hariho icyuho kuko urwego runaka ari rwo rwikurikiraniraga ikigo ngororamuco ku batandukiriye indangagaciro z'umuco nyarwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu