Yanditswe Oct, 25 2016 14:53 PM | 2,236 Views
Abakora umwuga w' ubudozi mu Gakiriro ko mu karere ka Gakenke bagiriye urugendo shuli mu ruganda rukora imyenda rwa C&H Garments ruherereye mu gace kahariwe inganda mu mujyi wa Kigali.
Abo badozi bishimiye ko bagiye guhabwa amahugurwa n'uru ruganda kuko bizabafasha kunoza imikorere yabo.
Abadozi 87 baturutse mu gakiriro ko mu karere ka Gakenke basuye uruganda rukora imyenda rwa C&H Garments, mu rwego rw'ubufatanye n'imikoranire hagati yabo n'urwo ruganda.
Batemberejwe muri urwo ruganda basobanurirwa imikorere yarwo. Ari nako abafite ibibazo babibaza kugira ngo biyungure ubumenyi.
Bamwe mu badozi bavuga ko batunguwe n'imikorere y'urwo ruganda n'ibikoresho bakoresha mu kudoda.
Ibi biremezwa kandi n'umuyobozi mukuru w'uruganda rwa C&H Garments Candy MA ushimangira ko icyo bagamije ari ukuzamura ubushobozi bw'aba badozi.
Abo badozi baje baherekejwe n'umuyobozi w'akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe ubukungu Aimé Francois Niyonsenga. Kuri we ngo iyi ni ntambwe y'ingenzi itewe mu guteza imbere aba badozi.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru