AGEZWEHO

  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...
  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...

Abafite ubumuga bw'uruhu bagiye koroherezwa kubona amavuta yo kwisiga

Yanditswe Aug, 24 2018 17:13 PM | 25,246 Views



Abafite ubumuga bw'uruhu mu Rwanda barabyinira ku rukoma nyuma yaho umukuru w'igihugu asabye inzego bireba kuborohereza kubona amavuta n'ibindi bikoresho birinda uruhu rwabo kwangizwa n'izuba.

Nubwo amwe muri aya mavuta ashobora gukoreshwa na buri wese mu rwego rwo gukingira uruhu rwe ngo rutangirika, harimo amwe muri yo abafite Ubumuga bw'uruhu bakenera umunsi ku wundi kuko abarinda gufatwa na kanseri y'uruhu.

Bamwe mu bafite ubumuga bw'uruhu bakenera byibura amacupa 2 y'aya mavuta buri kwezi, ni ukuvuga amafaranga y'u Rwanda ibihumbi 21. Ni ubushobozi benshi mu bafite ubu bumuga bavuga ko badafite, ibintu birushaho gushyira mu kaga ubuzima bwabo.

Bamwe mu bakora muri Farumasi bemeza ko mu gihe aya mavuta yashyirwa ku rutonde rw'imiti abafite ubumuga bw'uruhu bishyurirwa n'ubwisungane mu kwivuza, mutuelle de santé byagabanya igiciro cyikagera byibura ku mafaranga y'u Rwanda ibihumbi 2.

Kuri ubu mu Rwanda habarurwa abantu bafite ubumuga bw'uruhu basaga 1000 nk’uko bitangazwa n’Inama y'igihugu y'abafite ubumuga.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira