AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Abahize abandi mu bizamini bisoza amashuli abanza n'icyiro rusange bamenyekanye

Yanditswe Jan, 09 2018 12:29 PM | 10,674 Views



Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota abanyeshuri bagize mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza n’icy’iciro rusange mu mwaka w’2017. Ababaye aba mbere mu mashuri abanza barangajwe imbere na Mugisha Nsengiyumva Frank mu mashuri abanza ukomoka mu karere ka Muhanga na  Karenzi Manzi mu cyiciro rusange ukomoka mu karere ka Gasabo. Aya manota yatangajwe ku wa Kabiri tariki ya 9 Mutarama 2017.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye Munyakazi niwe watangaje aya manota. Yavuze ko umubare w’abakobwa waruse uw’abahungu mu byiciro bitandukanye, bitewe n’ubushake bwa leta y’u Rwanda ibakangurira kugana ishuri, yanabafashije kwiga bikaba uburenganzira aho kubihitirwamo n’abayobozi runaka.

Ku bijyanye n’abatarakoze ibi bizamini kandi bariyandishikije kuri lisiti y’abazakora ibizamini bangana na 3%, abenshi ni abo mu mashuri abanza bangana na 2%. Munyakazi avuga ko uwo mubare ari munini ariko ngo biterwa n’uburwayi, n’abagira izindi mpanuka zituma badakora ibizamini ngo barangize, kwimuka kw’ababyeyi n’ibindi. Mu cyiciro rusange abatarakoze ibizamini bangana na 1% .

Umubare w’abakobwa batsinze ibizamini by’amashuri abanza n’icyiciro rusange wahize uw’abahungu bakoranye ibizamini bya leta bisoza umwaka w’amashuri 2017.

Mu manota yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Amashuri y’Incuke, abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaac, yagaragaje ko abakobwa bahize abahungu.

Agira ati “Imitsindire muri rusange yazamutse ugereranyije na 2016, mu mashuri abanza batsinze ku kigero 86,3% mu cyiciro rusange ku kigero cya 89.9%. Abakobwa bakoze  bangana na 55.1% ugereranyije n’abahungu bari 44.9%. umubare w’abatsinze munini ni abakobwa bangana na 55% ugeraranyije n’abahungu  44.5% by’abahungu batsinze muri rusange.”

Mu mashuri abanza abahungu nibo bagaragaye mu batsinze neza amasomo yose muri rusange, mu cyiciro rusange ni abakobwa. Ku bijyanye n’abakobwa kandi ngo bagiye batsinda n’amasomo ya siyansi wasangaga mu bihe byashize batitabira kwiga.

Abanyeshuri kandi bakomoka mu bice by’ibyaro ngo baje mu ba mbere, ku buryo 

buryo gahunda yo kugaburira abana ku ishuri yagize umusaruro.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura