AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Abanyarwanda tugerageza kenshi bikarangira icyo dushaka tukigezeho-Kagame

Yanditswe Jul, 08 2016 18:29 PM | 1,964 Views



Ubwo yafunguraga ku mugaragaro  inyubako ya Kigali Convention Centre kuri uyu wa gatanu,Perezida Kagame yavuze ko abanyarwanda batajya bemera gutsindwa kandi iyo bigeze ku mahirwe y'iterambere bashyirwa ari uko bageze kucyo bifuza. Iyi nyubako ikaba ari nayo izakira inama ya Afurika yunze ubumwe iteganijwe kubera mu Rwanda mu minsi mike iza.


Ubwo yafunguraga ku mugaragaro iyi nyubako, Perezida Kagame yagaragaje inzira igoranye byanyuzemo kugirango iyi nyubako igere ku musozo ndetse anagaruka ku muhati w'abanyarwanda utajya utezuka iyo bigeze ku kwiteza imbere.

Yagize ati : “Mbere na mbere ku bitekerezo by'abanyarwanda, twagerageje gushyiraho iki gikorwa, imyaka myinshi ishize. Twaratsinzwe atari rimwe, atari kabiri, ndetse inshuro eshatu ariko tugerageje inshuro ya kane, twabigezeho. Ku banyarwanda twatsinzwe igihe inshuro nyinshi, ariko twatsinze inshuro zirenze izo twatsinzwe, kandi dukomeza kwigira mu gutsindwa kwacu…”


Umukuru w'igihugu yavuzeko iyi nyubako yubatswe mu gisobanuro cy'amateka y'abanyarwanda izafasha mu gukomeza guteza imbere ubukungu, ndetse ikanahesha ishema u Rwanda na Afurika muri rusange.

Iyi nyubako yubatswe na sosiyete ya Soumma y'abanyaturukiya. Ni nayo izakira inama ya Afurika yunze ubumwe iteganyijwe kubera mu Rwanda kuva mu ntangiriro z'icyumweru gitaha.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira