AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Abarokokeye Jali barishimira urwibutso rwatungayirijwe ababo bazize Jenoside

Yanditswe Oct, 01 2016 02:02 AM | 2,874 Views



Abarokokeye Jenoside ku musozi wa JALI baravuga ko bishimiye kuba ababo kuri ubu baruhukiye mu rwibutso rutunganije kuko bihesha agaciro n'icyubahiro abo babuze muri Jenoside yakorewe abatutsi. Komisiyo y'igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside ivuga ko ingabo z'abafaransa zari zikambitse ku musozi wa JALI zagize uruhare runini mu kurimbura no gutoteza abatutsi bari bahahungiye.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, umusozi wa JALI wahungiweho n'abantu batandukanye bamwe baturutse mu GATSATA, KABUYE ndetse n'abandi baturukaga ku cyahoze ari komine MBOGO.

Bari bizeye ko barokoka kuko hari ikigo cya gisirikare cy'ingabo za EX FAR ndetse n'ibirindiro by'ingabo z'abafaransa.

Mu mwaka w'1997 abaturage bo ku musozi wa JALI barisuganije huti huti kugirango bashyireho urwibutso rwo gushyinguramo ababo. Uru rwibutso ntirwari rutunganyije neza ariko kuri ubu ku bufatanye n'ikigo cy'igihugu gishinzwe gutanga amashanyarazi REG bamaze kuzuza urwibutso rutunganije ahashyinguye imibiri isaga ibihumbi 25.

Uru rwibutso rwa JALI rwuzuye rutwaye miliyoni 32 n'igice z'amafaranga y'u Rwanda.Kugeza ubu CNLG ivuga ko mu gihugu hose hari inzibutso zigera kuri 214.

Inkuru irambuye: 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize