AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abasirikare 24 bari mu mahugurwa yo kurinda ibikoresho mu butumwa bw'amahoro

Yanditswe Nov, 29 2016 11:59 AM | 2,154 Views



Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy) harabera amahugurwa y’ibyumweru bibiri yagenewe abasirikare b’aba-officiers ku bijyanye n’imicungire y’ibikoresho mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ni amahugurwa mpuzamahanga yitabiriwe n’abasirikare 24 bavuye muri Uganda, Kenya n’u Rwanda.

Barahabwa ubumenyi ku buryo aboherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro baba bafite n’inshingano zikomeye zo kwita ku bo bari kumwe banabungabunga ikitwa igikoresho cyose bifashisha kugira ngo bugende neza. Ayafungura ku mugaragaro Brig. General Dr Rudakubana Charles yagaragaje ko ari amahugurwa akubiyemo ubumenyi bwose aboherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro baba bakeneye.

Ayo mahugurwa yatewe inkunga na Leta y’u Bwongereza binyuze mu ishami ritera inkunga ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri Africa y’iburasirazuba. Ambasadeur w‘icyo gihugu mu Rwanda William Gelling yemeje ko ibi bihugu uko ari 3 bifite ubunararibonye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imicungire myiza y’ibikenerwa n’ababwoherezwamo ari nayo mpamvu bateye inkunga ayo mahugurwa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira