AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abayisilamu bagomboye Quran zari zaraheze Magerwa zigiye gutezwa cyamunara

Yanditswe Jan, 12 2018 22:05 PM | 4,045 Views



Nyuma y'ibiganiro hagati y'umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda, ikigo cy' imisoro n'amahoro (RRA) n'ububiko bw'igihugu (MAGERWA). Ibitabo bitagatifu KOROWANI byagombaga gutezwa cyamunara byakomorewe kuri uyu wa Gatanu.

Ni ibitabo by'idini ya Islam Korowani bipima ibiro toni 14 n'ibiro 470 birekuwe nyuma yo kumara hafi imyaka 2 biri mu bubiko bwa Magerwa. Byishyuzwaga miliyoni zirenga 20 z'amafaranga  y'u Rwanda ku bubiko byari bimazemo imyaka hafi 2 ndetse n'amahoro. Abayoboke b'idini ya Islam Mu Rwanda bishimiye ikomorerwa ry'ibi bitabo bitagatifu.

Nubwo ibitabo bitagatifu bya Korowani byahawe ba nyirabyo hari izindi toni z'imbuto z'itende zikoreshwa n'aba Islam mu gihe cy'igisibo cya Ramadan zoherejwe n'umuterankunga w'idini ya Islam mu Rwanda zo zikaba zasigaye Magerwa ariko umujyanama wa Muft w'u Rwanda Sheikh Mbarushimana Sulayman avuga ko ibiganiro bikomeje kugirango harebwe icyakorwa ngo nazo ziveyo

Bitabo bitagatifu bya Korowani byarekuwe bizakoreshwa n'aba Islam basaga ibihumbi 22 mu Rwanda.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize