AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Abayobozi bifatanije n'urubyiruko mu rugendo rwo kwibuka Jenoside

Yanditswe Apr, 07 2018 21:52 PM | 17,054 Views



Madame wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yifatanyije n'urubyiruko  rubarirwa mu bihumbi mu rugendo rwo kwibuka rumaze kumenyerwa nka walk to remember.

Ahagana saa kumi n'imwe z'umugoroba kuri uyu wa gatandatu tariki 7 Mata, imbere y'ingoro y'inteko ishinga amategeko hatangiye urugendo rwo kwibuka ruzwi nka walk to remember. Madame wa perezida wa repubulika Jeannette Kagame wari kumwe n'abandi bayobozi mu nzego nkuru z'igihugu yifatanyanyje n'urubyiruko rubarirwa mu bihumbi rwitabiriye uru rugendo. Bamwe mu rubyiruko barwitabiriye basanga uru rugendo rukubiyemo amasomo menshi mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu bandi bitabiriye uru rugendo kandi harimo n'inshuti z'u Rwanda z'abanyamahanga, nabo bahamya ko igikorwa nk'iki kiri mu bifasha gusubiza agaciro inzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi ndetse no kwifatanya n'abarokotse.

Urugendo rwo kwibuka rwasorejwe kuri sitade Amahoro ni kimwe mu bikorwa bitangira icyumweru cy'icyunamo ndetse n'iminsi ijana yo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi kuri ubu yibukwa ku nshuro ya 24.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama