AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Abayobozi b'uturere tugize Kigali batangiye amahugurwa ku iterambere ry'imijyi

Yanditswe Mar, 29 2017 11:51 AM | 2,307 Views



Abakozi banyuranye bo mu mujyi wa Kigali ndetse no mu turere twa Gasabo, Nyarugenge and Kicukiro barimo kugezwaho politiki y'iterambere ry'Imijyi. Iyi politike iragaragaza ibibazo bigaragara mu mijyi y'u Rwanda birimo ibikorwa remezo nk'imihanda, amazi, ikibazo cy'ubushomeri n'ibindi. 

Gusa ngo u Rwanda ruri ku isonga ku isi mu bihugu bifite abaturage bitabira gutura mu mijyi bavuye mu byaro kuko u Rwanda ruri kuri 4.5%.

Muri Africa ubwo bwitabire buri kuri 3.2% mu gihe ku rwego rw'isi ubwitabire bw'abaturage bava mu byaro bajya mu mijyi ari 1.8%. Mu cyerekezo cya 2020, u Rwanda rurifuza ko abanyarwanda 35% bazaba batuye mu mijyi mu gihe ubu 17.3% ari bo bayituyemo. Intego y'iyi politike y'imiturire ni ugutura neza kandi abatuye mu mijyi bakagira ibikorwa remezo bibafasha kuyibamo neza.

Umujyi wa Kigali uravuga ko ufite ikibazo gikomeye cy'imiturire yo mu kajagari ndetse n'iyangizwa ry'ibidukikije ku buryo birimo guhenda umujyi wa Kigali. Baragira inama utundi turere kwirinda aya makosa kugirango naho hatazabaho guhendwa no kuyakosora.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira