AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Amajonjora y'ibanze ya Arts-Rwanda Ubuhanzi yasorejwe i Kigali

Yanditswe Oct, 01 2018 17:58 PM | 18,029 Views



Igikorwa cyo gutoranya urubyiruko rufite impano zitandukanye, muri gahunda yiswe Arts-Rwanda Ubuhanzi cyasorejwe mu mujyi wa Kigali. Hagiye gukurikiraho gutoranyamo 120 bahize abandi kugira ngo bazakomeze mu kindi cyiciro.

Abitabiriye amarushanwa bagaragazaga impano mu byiciro by'Ubugeni, imbyino, indirimbo, imideri, ikinamico , urwenya, filime no gufata amafoto ndetse n'icyiciro cy'ubusizi n'ubuvanganzo.

Minisitiri w'urubyiruko Rosemary Mbabazi ashima kuba iki gikorwa cyitabiriwe ku bwinshi n'urubyiruko rutandukanye kandi ibihangano byarwo bikaba birimo n'inyigisho ku bibazo birwugarije. Ati, "abazatsinda cyangwa bazagaragaza impano zabo tuzabafasaha, tubashyigikire batezwe imbere havemo no kwihangira imirimo no guhangira abandi imirimo. ikindi ni uko ibihangano byabo n'impano zabo tuzazikoresha mu gutanga ubutumwa kuko bagera kure ariko no kuba urubyiruko rwumva ko ibibazo byugarije igihugu ari ibyabo kandi bakumva ko ari bo musingi w'igihugu"

Aya marushanwa ya Arts Rwanda Ubuhanzi yatangiye taliki ya 8 Nzeli uyu mwaka biteganyijwe ko azasozwa mu kwezi kwa 12 hatoranywa itsinda, umutu ku giti cye ndetse n'abazatorwa n'imbaga y'abanyarwanda kurusha abandi kugira ngo bahabwe ibihembo bizabafasha guteza imbere impano zabo. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira