AGEZWEHO

  • RIB ifunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Abaturage barinubira ibiciro by'amashanyarazi bitahindutse nk'uko bari babyiteze

Yanditswe Jan, 05 2017 17:29 PM | 4,147 Views



Bamwe mu bakora ibikorwa by'ubucuruzi bitandukanye baravuga ko nubwo ikibazo cyo kugura umuriro cyarangiye, ngo muri iyi minsi wari warabuze bahombejwe nawo bikomeye ndetse banifuza ko hajyaho urwego rwishyura ibi bihombo.

Abagura umuriro bemeza ko badahabwa unites zidahuye n'ibiciro bishya nk'uko babisezeranyijwe.

Ubuyobozi bw'ishami rikwirakwiza amashanyarazi (EUCL) bwisegura ku bafatabuguzi baryo, bukanasobanura ko umufatabuguzi yishyura bitewe n'ingano y'umuriro yaguze ndetse n'icyiciro abarizwamo.

Kuva ku itariki ya mbere Mutarama uyu mwaka nibwo hatangiye gukurikizwa ibiciro bishya byo kugura amashyanyarazi aho abafatabuguzi bishyura hakurikijwe ibyiciro bashyizwemo.

Gusa abaturage bamwe ntibasobanukiwe n'ibiciro  byo kugura umuriro

Ishami rikwirakwiza ingufu z'amashanyarazi-EUCL ritangaza ko abafatabuguzi bishyura  bitewe n'ingano y'umuriro baguze kuko barimo ibyiciro, aho icyiciro cy'ingo cyishyura amafaranga 89 kuri inite imwe ku utarenza inite 15, naho ugura kuva kuri 15 kugeza kuri 50 akishyuzwa amafaranga 182 kuri inite mu gihe urengeje inite 50 yishyuzwa 189 kuri inite imwe.

Eng. Jean Claude Kalisa asaba abakiliya kugura bakurikije ibiciro bishya byashyizweho kugirango batangiza amafaranga yabo.




Rwagasana Gerard

Maze kubona comments z'abantu besnhi bavuga ko ibiciro by'umuriro bitahindutse nkuko byamenyeshejwe rubanda ku mugaragaro, ejo nashatse kureba niba bavuga ukuri maze ngura umuriro wa 1,500 FRW, ngiye kubona bampa kilowati 7 (7 KW) kandi bwari ubwa mbere nguze umuriro muri 2017. Ibi bintu biragayitse kandi ni very dangerous kuko abaturage bashobora gukeka ko Ministri wavuze kuri TV igabanuka ry'igiciro cy'umuriro yababeshye, kandi mu byukuri ari ikosa rya EUGL itubahirije amasezerano Jan 07, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #