AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Diane Rwigara n'umuryango we bitabye urukiko badafite umwunganizi mu mategeko

Yanditswe Oct, 06 2017 19:56 PM | 8,680 Views



Kuri uyu wa gatanu Diane Rwigara, murumuna we Anne Rwigara n'umubyeyi wabo Adeline Mukangemanyi bitabye urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, kugira ngo baburane ku birebana n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rubanza baregwamo ibyaha bitandukanye.

Ubwo urubanza rwatangiraga mu masaha y'igitondo, abaregwa bagaragaye imbere y'urukiko batari kumwe n'ubunganira mu mategeko basobanura ko atigeze amenyeshwa itariki y'urubanza, hakaba hari urundi rubanza arimo.

Abaregwa basabye ko bataburana kuko badafite ubunganira ariwe Me Buhuru Pierre Celestin kandi ko nta gihe barabona ngo baganire nawe ku bijyanye n'uko bakwitegura urubanza.

Uruhande rw'ubushinjacyaha rwo rwavuze ko kuba abaregwa banze kuburana kubera badafite ubunganira ari uburenganzira bwabo kuko amategeko avuga ko kunganirwa mu rukiko ari uburenganzira bwa buri wese.

Ubushinjacyaha bwasabye ko mu gihe habaye gusubika urubanza hagenwa itariki ya vuba rwazasubukurwaho kugira ngo hatazabaho gutinza urubanza. Gusa bwemeza ko uwunganira abaregwa yari yamenyeshejwe itariki y' y'urubanza. Nyuma yo kumva impande zombim urukiko rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza rukazasubukurwa ku wa mbere tariki ya 9 Ukwakira ku isaha ya saa tatu.

Ibyaha bakurikiranweho, Diane Rwigara wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ariko bose uko ari batatu bahurira ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umubyeyi wabo wabo Mukangemanyi Adeline we anihariye ku cyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira