AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Dr. Major Rugomwa Aimable yakatiwe igifungo cy'imyaka 10 n'ihazabu ya milioni 11

Yanditswe Aug, 21 2017 13:47 PM | 6,037 Views



Urukiko rwa gisirikare rwa Nyamirambo rumaze gukatira Major Dr Aimable Rugomwa igifungo cy'imyaka 10 n'ihazabu ya milioni 11 n'ibihumbi 570 z'amafranga y'u Rwanda, ndetse akananyagwa impeta zose za gisirikare. Ni mu rubanza yari akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yakoreye uwitwa Mbarushimana Theogene bikamuviramo urupfu.

Nk'uko biteganywa n'ingingo y'151 y'igitabo cy'amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, urukiko rwamuhamije icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuntu wabigambiriye bikamuviramo urupfu. Iki cyaha kikaba gihanishwa kuva ku myaka 10 y'igifungo kugera kuri 15.

Nyuma yo kumva uko yisobanuye mu miburanire ye n'uburyo atahakanye icyaha ariko akavuga ko atari yarigeze agambirira kwica Mbarushimana Theogene, urukiko rwahanaguye kuri Major Dr Rugomwa Aimable icyaha cy'ubwicanyi yaregwaga n'ubushinjacyaha bwari bwamusabiye igifungo cya burundu.

Abo mu muryango wa Nyakwigendera Mbarushimana Theogene batangaje ko batishimiye icyemezo cy'urukiko bakaba bagiye gutegura icyo bazakurikizaho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize