AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

First Lady Jeannette Kagame yavuze ko uburezi bushobora guhindura isi

Yanditswe Nov, 04 2017 21:52 PM | 3,990 Views



Madam wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame avuga ko uburezi bufite ububasha bwo guhindura isi, bityo agasaba abize gukoresha ubumwenyi bafite mu kwiteza imbere ubwabo n'igihugu muri rusange. Ibi bikubiye mu butumwa yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri 117 ba Maranyundo Girls School barimo 57 barangije umwaka wa gatandatu na 60 barangije uwa gatatu wisumbuye.

Uyu muhango wabimburiwe n'igikorwa cyo gutaha ku mugaragaro inyubako nshya z'iri shuri zirimo isomero rigezweho na Laboratoire, Madam Jeannette Kagame yasobanuriwe uburyo zizakoreshwa mu gufasha abanyeshuri kwiyungura ubumenyi.

Iki gikorwa cyakurikiwe n'ibirori byo gushimira aba banyeshuri no kubashyikiriza impamyabumenyi zishimangira icyiciro cy'amashuri barangije.

Madam wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yabashimiye intambwe bateye mu buzima abasaba kuzigirira icyizere aho bagiye no kubyaza umusaruro ubumenyi bakuye kuri iri shuri.

Inkuru irambuye mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rurishimira ibyagezweho mu kurwanya Malariya

Abadepite basabye Guverinoma gukemura ikibazo cyo gushyingura bihenze

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw