AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Hacyenewe ingwate y'igihe kirekire ngo ibihugu bya Afurika birangize imishinga

Yanditswe Jun, 24 2016 16:33 PM | 2,177 Views



Minisitiri w'imari n'igenamigambi Amb. Claver Gatete avuga ko ishoramari ry'ibihugu bya Afurika rikeneye ingwate y'igihe kirekire kugira ngo bibashe kurangiza imishinga itandukanye biba byariyemeje. Mu nama ya karindwi y'inteko rusange y'ikigega Nyafurika cy'ubwisungane (African Solidarity Fund/Fond de Solidarite Africaine) yabereye i Kigali hanagaragajwe ko n'abikorera bakeneye koroherezwa kugira ngo bafashe ibihugu kugera ku mishinga imwe n'imwe y'iterambere.

Imishinga myinshi ya bimwe mu bihugu bya Afrika ikunze gushyirwa mu bikorwa ku nguzanyo y'amafranga ari hejuru. Ikibazo cy’ihungabana ry'ubukungu bw'isi ryabaye mu mwaka wa 2008 cyageze no ku bihugu bya Afrika, cyatumye ibintu birushaho gukomera. Umuyobozi w'ikigega cy'ubwisungane bw'ibihugu bya afrika Ahmadou Abdoulaye Diallo avuga ko ibihugu binyamuryango bikwiye gufashwa mu mishinga itandukanye ibiteza imbere: “Twakoze byinshi, mbere wenda y'ibyo twagizemo uruhare nari maze kuvuga: twagize uruhare mu mishinga y'uburezi, twagize icyo dukora kandi mu birebana n'umuriro w'amashanyarazi nk'ingomero nto ebyiri zubatswe Nyaruguru, twagize uruhare kandi mu rwego rw'ubuzima aho twafashije abikorera mu kugeza abantu ku buvuzi bugezweho, n'ibindi. Hano mu Rwanda nanone twafashije mu mishinga iitandatu itandukanye yo mu nzego zose z'ubukungu nk'ubukerarugendo,ubuhinzi bw'ikawa n'icyayi,amahoteli kdi tuzi neza ko ibyo biri mu by'ibanze mu bukungu bw'u Rwanda”

Amb. Gatete asanga aho u Rwanda rubereye umunyamuryango w'iki kigega cy’ubwisungane, bigenda byongera igihe cyo kwishyura inguzanyo ziba zafashwe binyuze muri iki kigega.

Yagize ati: “…Ikindi cya 2 ni ukugirango habeho kugabanya igiciro cy'inguzanyo,rimwe na rimwe usanga inguzanyo muri member countries ziri hejuru cyane ugasanga bo batanga amafaranga yo kugabanya icyo kiguzi. Ikindi cy'ingenzi ni ugufasha kuko inguzanyo ziba ari iz'igihe gitoya ugasanga kuzishyura bigorana, aha rero icyo iki kigega gifasha ni ugufasha kugira igihe kirekire no gufatanya n'iyo bank bityo ntuvunike kwishyura.”

Binyuze muri Banki y’u Rwanda itsura amajyamebere/BRD, ku mugoroba wo ku wa kane, iki kigega cyasinyanye amasezerano y'ubufantanye n'iyi bank mu kwishingira imishinga ifite agaciro ka miliyari 1 na miliyoni zirenga 500 z'amafaranga y’u Rwanda. Ni imishinga yibanda ahanini ku nyubako y'ubucuruzi n'isoko n'uburezi. 

Ikigega Nyafurika cy'ubwisungane (African Solidarity Fund) cyatangiye mu mwaka wa 1976, gifite ibihugu binyamuryango 13, gusa birimo n'u Rwanda mu gihe Afurika igizwe n'ibihugu 54.


PHOTO: internet



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura