AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Haracyari amahirwe mu ishoramari hagati y'Ubuhinde n'u Rwanda- Perezida Kagame

Yanditswe Jan, 10 2017 15:49 PM | 1,109 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame aravuga ko ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’Ubuhinde bukomeje gutera imbere, kandi ko hakiri amahirwe y’ishoramari n’ibikorwa bafatanyamo mu kubyaza umusaruro. Ibi perezida Kagame yabivugiye mu nama yiga ku bukungu n'ishoramari yiswe Vibrant Gujarat Global Summit irimo kubera mu mujyi wa Gandhinagar mu ntara ya Gujarat. Ni inama yafunguwe ku mugaragaro na minisitiri w'intebe w'Ubuhinde Narendra Modi.

Umukuru w'igihugu Paul Kagame yasobanuye ko Ubuhinde na Afurika bihuriye ku mateka maremare n’intego imwe yo gushakisha imibereho myiza n’ubukungu ababituye.

Yavuze ko kohereza ibintu mu Buhinde bitagomba kugarukira gusa kuri Petrol n’amabuye y’agaciro, ahubwo ko Afurika ikwiye kureba n’ibindi binyuranye yoherezayo.

Perezida Kagame yavuze ko hitezwe ibindi bikorwa bitandukanye by'ishoramari birimo no gutangiza ingendo z’indege za Rwandair i Mumbai mu meze macye ari imbere.

Imibare yerekana ko ubucuruzi hagati y’Ubuhinde n’u Rwanda, mu myaka itanu ishize (2011-2015), bwinjije amafaranga asaga miliyari 436. Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) cyerekana ko mu myaka itandatu ishize (2011-2016), cyakiriye imishinga 66 y’ishoramari iturutse mu Buhinde ikaba ibarirwa muri miliyari 263 z'amafaranga y'u Rwanda.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura