Yanditswe Dec, 22 2017 21:46 PM | 4,572 Views
Mu Rwanda hatangiye kugeragezwa uburyo bw'imihingire bugamije kurwanya
ibyonnyi birimo na nkongwa idasanzwe. Ubu buryo buzwi nka ''Push-Pull'' kuri uyu
wa Gatanu bwaganiriweho n'abashakashatsi
ndetse n'abahinzi bahagarariye abandi mu Rwanda, bukaba bwibanda kubangikanya
imyaka n'ibyatsi byifitemo impumuro yirukana ibyonnyi.
Nkongwa idasanzwe ni kimwe mu byonnyi bihangayikishije abahinzi haba mu
Rwanda no hirya no hino ku isi. Uburyo bukomatanyije burimo no gutera imiti yica
udukoko ibi byonnyi bugenda butanga umusaruro ariko bisa naho ikibazo
kigikeneye izindi ngamba zo kukirwanya.
Ikigo mpuzamahanga mu kurwanya ibyoni ICIPE (International Center for Insect Physiology and Ecology) gitangaza ko uburyo bwo kubangikanya ibimera byifitemo bushobozi bwo kwirukana ibyonnyi buzwi nka PUSH-PULL, buhangana ku rwego rwo hejuru na nkongwa idasanzwe imaze igihe iyogoza ibigori mu duce dutandukanye tw'isi.
Mu duce dutandukanye tw'igihugu hari abahinzi bamaze gushyikirizwa ibyatsi bya Desmodieu na blacaria bizwi ho guhashya ibyonnyi n'icyatsi cya rwona, aba bahinzi bakavuga ko ngo ibi byatsi bifite n'undi mumaro ukomeye haba mu kugaburirwa amatungo no kurwanya isuri.
Umuyobozi w'ishami ry' ubushakashatsi mu kigo gishinzwe iterambere ry'ubuhinzi n'ubworozi mu Rwanda Dr. Karangwa Patrick avuga ko buriya buryo bwo
guhangana n'ibyonnyi hifashishijwe kubangikanya imyaka n'ibimera byifitemo
ubushobozi bwo kwirukana ibyonnyi ''Push-Pull'' bwatangiyekugeragezwa mu bigo
by' ubushakashatsi bitandukanye ndetse no mu mirima y'imwe mu bahinzi ngo
bukaba bwitezweho gutanga umusaruro bufatanyijwe n' izindi ngamba zisanzweho zo
kurwanya nkongwa idasanzwe.
Ubushakashatsi bugaragaza ko ibigori bifie agaciro ka miliyari n' igice y'amadorari byangizwa n' ibyonnyi (stemborer) buri mwaka muri Afrika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara mu gihe ngo 24% b'umusaruro ubarirwa miliyari na magana abiri z'amadorari wangizwa n' icyatsi bamwe bita rwona abandi kurisuka (Striga). Buriya buryo bwo kurwanya ibyonnyi busanzwe bumenyerewe ariko ibyo kuba buhangana na nkongwa byo bimaze amezi make bimenyekanye
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru