AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Huye: Ishyamba ry'ibisi bya Huye risa nk'irisigaye kwizina

Yanditswe Apr, 05 2016 12:17 PM | 3,481 Views



Hashize igihe kirenga umwaka ishyamba ry’ibisi bya Huye ryangizwa ku buryo bukomeye, aho abantu bazwi ku izina ry’ibihazi batemamo ibiti, bagatwikiramo amakara, hakiyongeraho n’ibikorwa by’urugomo bakorera umuntu wese ushaka kubabuza.

Iki kibazo kimaze iminsi gisa n’icyaburiwe umuti cyahagurukije inzego za Gisirikari, Polisi y’igihugu, n’Abayobozi ku nzego z’ibanze.

Mu nama yaguye y’umutekano yabereye mu Karere ka Huye kuri uyu wa Mbere, iki kibazo nicyo cyafashe umwanya munini.

Umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, Brig Gen Jean Jacques Mupenzi yavuze ko hari bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bashyira ingufu nke mu kurangiza iki kibazo no gukingira ikibaba Ibihazi byangiza Ibisi.

Bamwe mu bayobozi b’imidugudu n’utugari bari muri iyi nama bagaragaje ko bafashe ingamba zikomeye zo gukumira no guta muri yombi abangiza Ibisi bya Huye, harimo gukora irondo ku manywa na n’ijoro.

Gusa aba bayobozi bagaragaje imbogamizi bagihura nazo zituma ikibazo kitarangira burundu, zirimo ko abangiza iri shyamba bitwaza intwaro bagakorera urugomo abaje kubakumira.

Utugari 13, two mu mirenge inyuranye igize akarere ka Huye, niho hagaragara ha zigera kuri 25 z’ishyamba ry’Ibisi zangijwe kugeza ubu. Muri rusange, iri shyamba ry’ibisi rikora ku turere twa Nyaruguru, Nyamagabe ndetse na Huye



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira