Yanditswe Nov, 03 2017 18:34 PM | 4,346 Views
Police y'u Rwanda
irasaba abagirana amasezerano n'ibigo byigenga bicunga umutekano kujya
bashishoza bakamenya niba ibyo bigo byemewe gukorera mu gihugu. Ibi ni mu gihe
hari ibigo 2 byamaze guhagarikwa kuri serivise z'umutekano byatangaga kubera
kutagira ibyangombwa bibemerera gucunga umutekano.
Ibigo byafunzwe ni icyitwa Skal n'ikitwa Indateba byacungaga umutekano mu mahoteri no ku nzu y'ubucuruzi ahazwi nko kwa Rubangura. Umuvugizi wa Police y'u Rwanda ACP Theos Badege yasobanuye ko intandaro yo gufunga ibi bigo aruko byakoraga mu buryo butemewe n'amategeko agenga abatanga serivise z'umutekano. Asaba abantu gushishoza mbere yo kugirana amasezerano n'abacunga umutekano. Yagize ati, "niba uri ikigo, ishuri, hoteri ukeneye gucungirwa umutekano ukabona ikigo gitanga iyo serivise banza urebe niba yarahawe icyemezo, kuko twasobanuye ko twafunze ibigo 2. Abo bantu bishe iri tegeko ntibemerewe gukora"
Ibigo bicunga umutekano bikunze gukorera ahatangirwa serivise zinyuranye zirimo iz'ubucuruzi, ibigo by'imari, ibitaro, amahoteri n'ahandi. Ni kenshi kandi humvikana kwibwa mu nzu zizwi ko zirindwa na bene ibyo bigo. Umuvugizi wa Polisi y'igihugu avuga ko mu byo basaba ibi bigo haba harimo ubwishingizi n'ubwo abakorana nabyo bareba ibisaba amafaranga make. Ati, "Ubundi akenshi aba bantu baba bafite ubwishingizi, tuvuge ko ubujura bubaye ntushobora guhomba, kandi kubera gushishoza ukareba niba umuntu ari indakemwa uba wizeye ko utari bukoreshe umujura, umunywarumogi ejo uzaguhemukira. Tuzi abantu bagiye bahomba bagashukwa, uko iyo ataremerwa aca make, uko guca make rero birahenze, utanga make ejo mu gitondo ukibwa menshi."
Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'ibigo byigenga bicunga umutekano (Rwanda Private Security Industry Association), Kashemeza Robert, avuga ko mu gucunga umutekano atariho hakwiye kuba akajagali. Yashimangiye ko imikorere mibi ikomeje kugaragara muri ibi bigo izasiga hari ibindi bifunzwe.
Ni kenshi hirya no hino humvikana isahurwa ry'ibintu ndetse n'amafaranga mu ma banki, serivise zitanoze zitangwa n'ibigo bicunga umutekano, ibikoresho bidahagije birimo no kutagira imbunda, ubunararibonye bucye n'ibindi. Ibi byose bikaba ari bimwe mu bituma hari ibigo bikemangwa imikorere yabyo.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru