AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Ibitumizwa ndetse n'ibyoherezwa hanze, bwaragabanutseho 5.92% muri 2016--NISR

Yanditswe Jan, 03 2017 11:52 AM | 1,999 Views



Raporo y’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare irerekana ko mu gihembwe cya gatatu mu mwaka ushojwe wa 2016, ubucuruzi bwose muri rusange mu Rwanda yaba ibitumizwa ndetse n’ibyoherezwa, bwaragabanutseho 5.92% bugera ku gaciro ka miliyoni 603.44 z’amadorali ugereranije n’igihembwe cya gatatu cy’umwaka wabanjirije ariwo wa 2015.

Iki cyegeranyo cyerekana ko muri ubwo bucuruzi bwose, ibyoherejwe hanze byari bifite agaciro ka miliyoni 112.54 z’amadorali ya Amerika gusa mu gihe ibyongerewe umusaruro bikongera koherezwa hanze byari bifite agaciro ka miliyoni 51.52 z’amadorali. 

Ikigaragara muri iyi raporo nuko Iki gipimo cy’ibyoherezwa hanze kiri hasi ugereranije n’ibyatumijweyo nubwo nabyo byagabanutse mu gaciro ku gipimo cya 8.68% bikagera kuri miliyoni 439.39 ugereranije n’ayo ubwo bucuruzi bwinjirije u Rwanda mu gihembwe cya gatatu mu mwaka wabanjirije wa 2015 aho ibyoherejwe hanze byari bifite agaciro ka miliyoni 481.15 z’amadorali y’Amerika.

Ibihugu bigaragazwa na NISR ko u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa usanga ahanini ari Leta zunzubumwe z’abarabu, Switzerland, Kenya, DRC na Singapore. Ibi bihugu uko ari bitanu muri iki gihembwe cya gatatu byihariye 68.83 y’ibicuruzwa byose u Rwanda rwohereje hanze mu gaciro byinjije miliyoni zigera kuri 77.46 z’amadorali ya Amerika.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira