Yanditswe Apr, 15 2017 18:58 PM | 3,070 Views
Abahanzi Nyarwanda
by'umwihariko abakora Sinema, bavuga ko biyemeje guhindura amateka mabi yaranze
bamwe mu bakoraga uyu mwuga bakoresheje nabi inganzo yabo bakabiba urwango mu banyarwanda
muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibihangano bikozwe mu
buryo butandukanye, ni kimwe mu bishobora gufasha abantu kubana neza iyo bikubiyemo
ubutumwa bwubaka, cyangwa se bigasenya umuryango iyo bikoreshejwe nabi.
Bamwe mu bahanzi bakora mu bijyanye na Sinema, bavuga ko kuba hari bamwe bakoraga uwo mwuga bagize uruhare mu gukangurira abantu gukora Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ari ikimwaro kuri bo. Gusa bemeza ko biteguye gutanga umusanzu wabo bahindura iyo sura mbi, bagahanga ibyubaka umuryango Nyarwanda.
Nkuranga Egide, Visi Perezida wa mbere wa IBUKA ,Umuryango uharanira inyungu z'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko nubwo bwose Sinema zivuga kuri jenoside yakorewe Abatutsi zikiri nke, hari icyo zifasha cyane kubazireba,''Film nyinshi zirigisha zitanga ubutumwa budufasha cyane, bufasha abacitse ku icumu , bufasha Abanyarwanda bugafasha abatuye isi. Iyo hakoreshejwe film abantu bamenya amateka yacu, bamenya Jenoside yakorewe Abatutsi noneho bigatuma na babandi bafite intwaro yo kugira ngo bayihakane bayipfobye bacika intege niko navuga kubera yuko amateka y'ibyabaye aba ashyizwe ahagaragara kandi n'abantu b'abahanga urumva ko ari ikintu kiba gikomeye cyane''
Inama y'igihugu y'abahanzi ivuga ko mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, bateguye ikiganiro cyaguye bazagirana n'abahanzi Nyarwanda bo mu ngeri zitandukanye, gifite insanganyamatsiko igira iti ''Umuhanzi na Jenoside yakorewe Abatutsi'' aho bazarebera hamwe uburyo umuhanzi yagira uruhare rugaragara mu kubaka u Rwanda ruzira Jenoside n'ingengabitekerezo yayo.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
4 hours
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
5 hours
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
5 hours
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
Iap
abarimu i rubavu babuze salaries amazi abaye 2 Apr 19, 2017