Yanditswe Aug, 05 2017 21:11 PM | 5,111 Views
Nyuma yuko
Komisiyo y' igihugu y' amatora itangaje by'agateganyo ibyavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, umukandida wigenga
Philippe Mpayimana ndetse n'umukandida watanzwe n'ishyaka riharanira
Demokarasi Frank Habineza, baratangaza ko bemera ibyavuye mu matora y' umukuru
w' igihugu.
Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru Frank Habineza umukandida watanzwe n' ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yatangaje ko yemera ibyavuye mu matora y'umukuru w' igihugu yabaye ku itariki ya 3 n' iya 4 Kanama. Yagize ati, "Ibyatangajwe mu matora ntabwo byadushimishije nkuko twari tubyizeye, ariko kuberako twemera Demokarasi kandi turi abademokrate, turifuza gufelicita, umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, wegukanye intsinzi kandi tumwifuriza ishya n'ihirwe . Ibyavuye mu matora, turabyemera ariko ntago tubyishimiye kuko atari byo twatekerezaga."
Mu kiganiro n'abanyamakuru Frank Habineza kandi wari kumwe n' abo bakorana mw' ishyaka Green Party yashimiye abanyarwanda bose bamutoye, n'abagize uruhare bose kugirango amatora abe mu mutekano. Nyuma y'amatora y'umukuru w' igihugu, Ishyaka Green Party rirateganya kwiyamamaza mu matora y'abagize inteko ishingamategeko.
Frank Habineza yemejwe nk'umukandida w'ishyaka Green Party mu kwezi kwa 3 uyu mwaka. Iri shyaka rikaba rimaze imyaka 4 rikorera mu Rwanda. Ibi kandi biranatangazwa Philippe Mpayimana, yagize ati. "Biragaragara ko amatora uyatsinze ari umuryango RPF na Nyakubahwa Paul Kagame. Ndamushimira cyane kandi ngashima amahitamo y' abanyarwanda. Ndashimira ubutegetsi bw'igihugu kuko baramfashije kugirango kwiyamamaza kugende neza, inzego z'umutekano zaradufashije ku buryo bigaragara rwose ko igihugu cyacu gitekanye, ndetse n' uburyo amatora yateguwe, birimo ubunyamwuga, mbese byagenze neza."
Umukandida wigenga Philippe Mpayimana kandi avuga ko abanyarwanda hirya no hino mu gihugu, batanze ibitekerezo kandi bagatanga amahitamo yabo. Akaba ashimira abamufashije mu gihe cyo kwiyamamaza no mu gihe cy'amatora.
Mpayimana niwe mukandida wigenga witabiriye amatora y'umukuru w'igihugu yabaye muri uyu mwaka wa 2017.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru