Yanditswe Feb, 10 2017 11:57 AM | 2,885 Views
Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali cyashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Africa mu bibuga by’indege byiza byo ku mugabane wa Afurika ndetse iki kibuga cy’indege kiza ku mwanya wa mbere muri aka karere ka Afurika y’uburasirazuba , uru rutonde rukaba rwashyizwe ahagaragara n’urubuga rwa internet rwo muri CANADA rukora service z’ingendo mu ndege n’amahoteli urubuga rwitwa sleeping airport
Uru rubuga sleeping airport rwarakoze icyi cyegeranyo umwaka wa 2016 uru rutonde rwashyizwe ku mugaragaro ku wagatatu w’iki cyumweru rwahaye amanita meza ikibuga cy’indege mpuza mahanga cya Kigali rugendeye ku mavugururwa yakozwe kuri iki kibuga mu minsi ishize amavugurura yatumye iki kibuga gikorera service gitanga ku gihe, kandi izi service zigatangirwa ahari isuku igaragarira buri wese
Uru rutonde rwibanda ku makuru aba yaratanzwe n’abagenzi bakoresha ibibuga by’indege mpuza mahanga aho aba bagenzi aribo bibarizwa ibibuga by’indege byiza cyangwa ibibi baba baranyuzeho mu ngendo zabo .
Nyuma y’aho uru rutonde rushyiriwe ahagaragara umuyobozi ushinzwe itumanaho mu kigo cy’igihugu cy’indege za gisivile Tonny barigye yatangaje ko ibi ari ibisubizo biva mubyemezo ikigo cy’igihugu cy’indege za gisivile cyafashe ibyemezo byo gutanga service z’agahebuzo mu ngendo z’indege mu Rwanda
Urwanda rukaba rwarashoye milioni 50 z’amadolari y’america mu kuvugurura izi service z’indege
Ikibuga cy’indege mpuza mahanga cya Kigali cyari ku manya wa 7 mu mwaka wa 2014 ku rutonde rwari rwakozwe n’ikigo SKYTRAX ikigo cyo mu bwongereza
John mirenge umuyobozi mukuru wa RWANDAIR akaba atangaza ko uru rutonde rwashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri ari ishusho nziza y’ibikorwa na leta y’urwanda mw’ishora mari ry’ingendo zikoresha indege
Uru rutonde rukorwa hashingiwe ku hantu abagenzi baruhukira niba hagutse kandi hasukuye, service zitangirwa ku kibuga cy’indege, ibifasha abagenzi mu buryo butandukanye, ibikorerwa ku kibuga, amahitamo atandukanye ku mirire y’abangenzi bari ku kibuga, service nziza zitangwa n’ibiro byabinjira n’abasohoka, umutekano ku kibuga uko abagenzi bakirwa, ndetse n’isuku iba iranga ubwiherero
Ibibuga by’indege byambere byiza muri Africa bikaba ari ikibuga cy'indege cya cape town international airport muri Afurika y’epfo ndetse na Kigali international airport,
Ikibuga cy’indege cya Juba international airport cya Sudan y’epfo , Port Harcourt international airport cyo muri Nigeria ndetse na Nouakchott cya Mauritania bikaba ari ibibuga byashyizwe ku myanya yanyuma n’uru rutonde mugihe ikibuga cy’indege cya mbere cyiza kw’isi n’ ikibuga cy’indege cya Changi muri singapole……..
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru