Yanditswe Aug, 15 2016 11:43 AM | 3,501 Views
Indege nto zitagira abazitwaye za ‘Drone’, zizajya zifashishwa mu bikorwa by’ubuvuzi nko gutwara amaraso ziyageza ku barwayi bayakeneye mu mavuriro hirya no hino mu gihugu, zatangiye kugezwa mu Rwanda.
Iki gikorwa kigezweho nyuma
y’uko Guverinoma y’u Rwanda na Sosiyete ya Zipline International yo muri
Amerika, bemeranyijwe gutangiza umushinga wo kwifashisha indege nto mu kugeza
serivisi z’ubuzima mu bice bya kure by’icyaro bigoranye kugendwamo.
Umunyamabanga uhoraho muri ministeri y'urubyiruko n'ikoranabuhanga Rosemary Mbabazi yabwiye RBA ko muri uku kwezi kwa 8 ari bwo hateganyijwe ibikorwa by'igerageza ry'ikoreshwa ry'izi ndege. Yemeza ko izizajya zitwara amaraso zizaba zifite ubushobozi bwo kuyageza aho ari ho hose mu gihugu mu gihe kitarenze iminota 15.
Mu cyumweru gishize ni bwo imirimo yo kubaka ibibuga izi ndege zizifashisha yatangiye mu karere ka Muhanga.
Biteganyijwe ko Zipline International izazana indege zibarirwa hagati ya 12 na 15 zizakorana n’ibigo nderabuzima bigera kuri 21 nyuma bikazagenda byiyongera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe indege za gisivili (RCAA), cyibinyujije kuri Twitter cyatangaje ko indege ebyiri za Drone zagejejwe mu Rwanda. Akaba ari ho ha mbere muri Afurika hagiye gukorerwa igeragezwa kuri izi ndege mu buvuzi, ni igeragezwa biteganyijwe ko rizatangira muri uku kwezi kwa munani.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru