AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Ingabo z'u Rwanda muri CAR zatanze ibikoresho by'ishuli ku banyeshuli i Bangui

Yanditswe May, 23 2016 15:21 PM | 1,520 Views



Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique zatanze inkunga y’ibikoresho by’ishuri n’ibyo mu biro ku mashuri abiri aherereye mu murwa mukuru Bangui.

Ibikoresho byatanzwe bifite agaciro ka Miliyoni zirindwi z’ama CFA amafaranga akoreshwa muri Centrafrique.

Ibi bikoresho byahawe ishuri ribanza rya Gbanya Dombia rya kisilamu, ndetse n’ishuri ribanza rya Malikama rya gikirisitu.

Minisitiri w’Uburezi muri Centrafrique, Noure Moukadas yashimiye Guverinoma y’u Rwanda muri rusange, ndetse by’umwihariko ashimira aba basirikari ku bw’umusanzu bakomeje gutera iki gihugu.

Yagaragaje ko ubu bufasha ari ikimenyetso cy’ubufatanye butajegajega hagati y’u Rwanda na CAR, anabwira aba basirikari bari mu butumwa bw’amahoro ko igikorwa bakoze ari ukugaragaza ko “Inshuti nyanshuti uyibonera mu byago.”

Naho Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri CAR, Lt Col. C. Kirenga, yijeje abakirisitu n’abayisilamu bari aho ko ingabo z’u Rwanda zizakomeza gukora ibishoboka byose ngo zitange ubufasha bushoboka.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize