AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Inteko ivuga ko amagambo akoreshwa mu ikoranabihanga ashobora gusoba abaturage

Yanditswe May, 09 2017 13:28 PM | 4,129 Views



Uruhare rw'ikoranabuhanga mu buhinzi n'ubworozi rwagaragaye nka kimwe mu bishishikaje cyane abadepite ubwo basuzumaga imbanziriza mushinga y'ingengo y'imari ya minisiteri y'urubyiruko n'ikonabuhanga y'umwaka wa 2017/2018 hamwe n'iy’igihe giciriritse; ni ukuvuga mu myaka itatu iri imbere.

Abadepite kandi bagarutse ku nyito n'amagambo akoreshwa mu ikoranabuhanga ngo basanga ashobora gusoba abaturage ndetse bagaragaza ko hakwiye ubukangurambaga bukomeye kugira ngo koko abaturage barusheho gusobanukirwa Ikoranabuhanga ryatangiye kwinjira mu buzima bwose bw'igihugu nkuko bitenganyijwe mu cyerekezo 2020.

Bashingiye ku byerekezo by’igihugu n’imyanzuro y’umwihero w’abayobozi uheruka, abadepite babajije ibibazo bitandukanye ku bijyanye n’ikoranabuhanga.

Minisitiri w'urubyiruko n’ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana ngo asanga inteko y'ururimi n'umuco ikwiye gufasha mu gushaka amagambo yihariye akoreshwa mu ikoranabuhanga nubwo ngo hagiye gushyirwa ingufu mu kurushaho kubisobanurira abaturage mu gihe yagaragaje ko hamaze guterwa intambwe ikomeye mu kugera ku bipimo  by'ikoranabuhanga igihugu cyihaye.

Nubwo ministeri y'urubyiruko n'ikoranabanga ivuga ko mu mwaka utaha yiteguye kohereza miliyoni 500 mu turere, abadepite baravuga ko ari make mu gihe nk'inama y'igihugu y'urubyiko yihariye 4% by'iyo ngengo y'imari kandi ari rumwe mu nzego zishamikiye kuri minisiteri zagimbye kugira uruhare runini mu gushyira mu bikorwa gahunda zayo nkuko byemejwe mu mwihero w'abayobozi uheruka.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira