AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Inteko yatoreye umushinga w'itegeko rigenga amasosiyete y'ubucuruzi

Yanditswe May, 25 2017 18:45 PM | 4,907 Views



Inteko ishinga amategeko yatoreye kwemeza umushinga w'itegeko rigenga amasosiyete y'ubucuruzi. Ni itegeko rishya ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu cy'iterambere RDB kivuga ko rijyanye n'imiterere y'ubucuruzi mu Rwanda kuko biziba icyuho cyashyirwagaho n'andi mategeko yakozwe harebewe ku bindi bihugu byateye imbere.

Ishingiro ry'umushinga w'iri tegeko rigenga amasosiyete y'ubucuruzi ryari ryemejwe n'inteko ku itariki 8 gicurasi uyu mwaka wa 2017. Kuri uyu wa kane rero abadepite batoye ku bwinshi umushinga ingingo zigize iri tegeko nyuma yo kunononsora no kuzinoza. Clare Akamanzi uyobora RDB akaba n'umwe mu bagize inama y'abaminisitiri yavuze ko hari hasanzwe icyuho mu itegeko rigenga amasosiyete y'ubucuruzi mu Rwanda kigiye kuzibwa n'itegeko rishya.

Mu kiganiro na RBA, Hon. Bazatoha Shyaka Adolphe umudepite akaba n'umuyobozi wa komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu nteko ishinga amategeko yavuze ko by'umwihariko iri tegeko rije rihumuriza rigaha n'ijambo abafite imigabane mike mu ma sosiyete atandukanye y'ubucuruzi dore ko batari bafite n'uburenganzira bwo kubona amakuru y'imikorere yayo bakaba batanabashaga kuba bahamagaza inama.

U Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri muri Afrika mu korohereza ubucuruzi n'ishoramari nkuko banki y'isi ibigaragaza mu cyegeranyo cyayo cyiswe Doing Business Report. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize