AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Inzego z'iperereza za gisirikare mu karere ka EAC ziteraniye i Rubavu

Yanditswe Sep, 13 2017 19:58 PM | 4,355 Views



Abayobozi bakuriye iperereza rya Gisirikare mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’iburasirazuba bari kuganira uburyo barushaho gukomeza ubufatanye mu kubumbatira umutekano n’ubusugire bw’ibihugu 6 biwugize. Ni mu nama yabahurije mu karere ka Rubavu igamije gukumira cyane cyane imitwe yitwaza intwaro nka FDLR, Al-Shabaab n’indi ihungabanya umudendezo w’abaturage.

Abayobozi b’inzego z’iperereza rya gisirikare zo mu bihugu bigize Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba bari kuganira ku bufatanye mu kubumbatira umutekano n’ubusugire bw’ibihugu 6 biwugize.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka Maj Gen. Jacques Musemakweli yavuze ko umutekano ari inkingi  ikomeye kuko aho utari nta mahoro nta n’iterambere byagerwaho, abasaba ubufatanye mu gukumira no kurwanya icyawuhungabanya. Yagize ati, "...akarere gakomeje kubangamirwa n’ibikorwa by’iterabwoba nka Al-shabaab n’indi mitwe yitwaje intwaro nka Fdlr, ADF/NALU ndetse n’indi. Muri iyi nama ni byiza ko mu biganiraho mu gafata ingamba zo kurwanya iyi mitwe ikomeje guhungabanya ubuzima bw’abaturage."

Sudani y’Epfo yitabiriye bwa mbere iyi nama, ngo isanga aya ari amahirwe itakwitesha mu gusangira n’abandi ubunararibonye mu kubungabunga umutekano w’abaturage.

Iyi nama y’abashinzwe iperereza rya gisirikare izamara iminsi 3 iteraniye mu karere ka Rubavu, iy’ubushize yabereye muri Zanzibar.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira