AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Inzibutso za Jenoside 4 zishobora kujya ku rutonde rw'umurage w'isi

Yanditswe Apr, 05 2018 20:05 PM | 16,544 Views



Kugira ngo inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zandikwe burundu ku rutonde rw'umurage w'isi rwa UNESCO, uruhare rwa buri wese rurakenewe, kuko izo nzibutso ari ibimenyetso bigaragaza amateka ya Jenoside, bihinyuza abayihakana cyangwa bayipfobya. Ibi ni ibyagarutsweho mu kiganiro nyunguranabitekerezo kuri gahunda go kwandikisha inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye muri sena kuri uyu wa kane.

Inzibutso zashyikirijwe ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita ku bumenyi, uburezi n'umuco UNESCO kugira ngo zandikwe mu murage w'isi ni urwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Nyamata mu karere ka Bugesera, urwa Bisesero muri Karongi n'urwa Murambi i Nyamagabe. Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y'igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG Dr. BIZIMANA Jean Damascene avuga ko izi nzibutso nizimara kujya mu murage w'isi bizagira akamaro gakomeye. Ati, "Bizafasha ko amateka y'izi nzibutso ashyirwa mu mfashanyigisho UNESCO itanga ku isi yose, azashyirwa mu mfashanyigisho z'amashuli, byigishwe muri za kaminuza n'ahandi, byigishwe nk'isomo ry'amateka. Icya kabiri, ni no kudufasha guhangana n'abahakana n'abapfobya. Ni indi ntambwe tuzaba duteye."

Perezida wa sena Bernard Makuza yasabye ko mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24, hazibandwa no ku kubungabunga inzibutso, nk'ibimenyetso bya jenoside. Yavuze kandi ko kuzandikisha mu murage w'isi, bizaba isomo ku mahanga. Yagize ati, "Nta gushidikanya ko inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ibimenyetso byivugira by'amateka ya Jenoside. Zikaba zigomba rero kubungabungwa, kandi nk'igihugu twasanze hari zimwe muri zo zakwandikwa nk'umurage w'isi, zikigirwaho amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, nk'ingaruka mbi z'imiyoborere ishingiye kuri politiki y'ivangura, amacakubizi  n'urwango."

Kugeza ubu, izi nzibutso zanditswe ku rutonde rw'agateganyo rwa UNESCO. Kugira ngo zemerwe burundu, ibikorwa by'iterambere ntibigomba kubangamira aho ziherereye, hagomba kubaho kubungabunga ibidukikije no gukomeza kugaragaza umwihariko n'umwimerere wazo. Biteganyijwe ku itariki ya 1 gashyantare 2019, ari bwo u Rwanda ruzoherereza UNESCO inyandiko ya burundu isaba kwemera izi nzibutso mu murage w'isi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura