AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Perezida Kagame yifurije ingabo umwaka mushya muhire anabashimira ibikorwa byabo

Yanditswe Dec, 27 2016 18:36 PM | 2,839 Views



Mu gihe abanyarwanda bakomeje kwegereza impera z’umwaka w’2016 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifurije ingabo z’igihugu umwaka mushya muhire w’i 2017.

Muri ubu butumwa umukuru w’igihugu yongeye gushimira  ingabo z’u Rwanda kubera ubwitange zidahwema kugaragaza mu kazi kazo ka buri munsi zirinda abaturage n'ubusugire bw'igihugu, nk’uko zakomeje kubigaragaza muri uyu mwaka urimo gusozwa.

Umukuru yagize ati’ Ubwitange n’ibikorwa byanyu byatumye haboneka ituze n’umutekano mu gihugu aribyo shingiro ry’ibindi bikorwa by’iterambere.

Muri uyu mwaka turangije wa 2016, abaturage bakomeje kubagagariza icyizere gisesuye. Nta kiruta ibyo…

Na none, ubwitange n’ubunyamwuga bwanyu mukomeje kugaragaza mu kazi, bwatanze umusaruro mwiza mu gukemura ibibazo bikomeye byagaragaye hirya no hino k’umugabane w’Afurika. Mu bwitonzi ariko mukagera ku ntego, mwatanze ubufasha mu kugarura icyizere aho cyari gikenewe… 

Ba Ofisiye,  namwe basirikare bato bagize Ingabo z’u Rwanda, nk’uko twegereje kwinjira mu mwaka mushya wo kwitangira abaturarwanda, uyu ni umwanya wo kwizusuma, tugatekereza ku byagezweho n’ingorane twahuye nazo muri uyu mwaka, n’ingamba zafatwa kugira ngo turusheho gukomeza gukora neza.

Ibyo tubona mu karere no hirya no hino ku Isi n’ibyo twigishwa n’amateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’u Rwanda zitagomba guhuga, ahubwo zigomba gukomeza umurego no kurushaho kuba maso.
Mushobora guhamagarirwa inshingano zanyu igihe icyo aricyo cyose.  Kandi mugomba guhora mwiteguye kuzuza inshingano uko bikwiye haba mu gihugu n’ahandi mu mahanga ku bw’ituze n’umutekano. 

Nimukomera ku ndangagaciro ziranga Ingabo z’u Rwanda zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu, ubunyamwuga n’ubutwari, sinshidikanya ko muzakomeza kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.

Buri gihe mugomba kwibuka ko ari mwe abanyarwanda bafitiye ikizere nk’Ingabo z’u Rwanda , abana barwo bitangiye kururinda no kururengera. 

Mu byo muteganya gukora muri uyu mwaka mushya, mu byo mutekereza byose mujye muzirikana icyateza iki gihugu imbere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage