Yanditswe Aug, 23 2017 16:02 PM | 4,627 Views
Ibitaro bya gisirikare by'u Rwanda biri i Kanombe byungutse imashini yifashishwa mu gusuzuma no kuvura indwara ya kanseri mu buryo bwihuse, ku buryo umurwayi azajya ahabwa ibisubizo mu minsi 5, mu gihe uburyo bwari busanzwe, bwatumaga ibisubizo biboneka mu minsi 15.
Iyi mashini nshya ibitaro by'u Rwanda bya gisirikare byabonye iri mu bwoko bwa scanner ifite ikoranabuhanga rihambaye ku buryo ibizamini biba byafashwe bishyirwamo mu gihe cy'iminsi 3 umurwayi akaba yahabwa ibisubizo bye.
Muri iyo mashini hashyirwamo dossier cyangwa fishe y'umurwayi ndetse na bimwe mu bizamini bafashe nk'amaraso na yo agashyirwamo ku buryo iyo mashini ihita itangira kubisuzuma.
Maj. Dr. Emile Kalinganire ni umuganga muri ibi bitaro by'u Rwanda bya gisirikare avuga ko ibisubizo bigiye kujya biboneka mu buryo bwihuse: “Dufate urugero niba washakaga gufata iyi dossier ukayijyana CHUK ukajya gushaka umuganga ugasanga arimo gukora ikindi kintu cyangwa ukayijyana Faysal ukajya gutegereza umuntu byafata umwanya bigatuma ibizamini bitinda ariko ubungubu nshobora kuba nicaye hano ngahamagara umuntu kuri telefoni nkamubwira nti jya online kuko twese turi muri system imwe ya digital pathology jya online nkwereke case, ubwire icyo utekereza. Murumva ko ibyo bituma umwanya wo guha umurwayi igisubizo uba muke.”
Hari abandi baganga 14 bo mu bitaro bya gisirikare by'u Rwanda, ibitaro bya CHUK ndetse n'ibitaro bya Faisal bamaze guhugurirwa gukoresha iyi mashini, igikorwa barimo gufashwamo n'umuganga waturutse i Boston muri America.
Kuba ibitaro bya gisirikare by'u Rwanda bimaze kubona iyi mashini ngo bizafasha mu gusuzuma no kuvura ubwoko bwose bwa kanseri nk'uko Lt. Col. Dr. Fabien Ntaganda umuganga muri ibi bitaro yabisobanuye
Ati: “Ubundi kanseri tuyigabanya ahanini mu bice 2 bikomeye, kanseri yo mu maraso na kanseri isanzwe twita timeri. Ubwo bwoko 2 nabwo tubugabanyamo ibindi bice 2 binini, iy'abana n'iy'abantu bakuru. Icyiza cy'iyi mashini rero ni uko izashobora gusuzuma ubwo bwoko bwombi. Ni ukuvuga ko byibuze tumeze neza kuba twashobora gusuzuma izo kanseri zombi. Bisaba ibintu byinshi ariko ni intambwe nziza kuko kugirango umenye neza ubwoko bwa kanseri hari ibintu byinshi ugenda upima ariko twaba dutangiye neza”
Itsinda ry'abaganga bo mu Rwanda bashinzwe gusuzuma no kuvura indwara ya kanseri, bazajya babifashwamo n'itsinda ry'abaganga bari muri Boston muri America.
Iyo mashini u Rwanda rwayihawe binyuze ku gitekerezo cy'uwahoze ari Perezida wa America Barack Obama yatangije cyo kurwanya indwara ya kanseri imaze kuba ikibazo gikomye ku isi.
Ni imashini ifite agaciro k'amadolari ya Amerika ibihumbi 100 ni ukuvuga asaga miliyoni 85 frw.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru