Yanditswe Oct, 27 2017 20:14 PM | 5,178 Views
Leta ya Misiri yashyikirije ibitaro bya gisirikare bya Kanombe inkunga y'ibikoresho byifashishwa mu kuvura ndetse no gutanga amasomo mu by'ubuvuzi hifashihshijwe uburyo bw'iyakure buzwi nka Telemedecine mu ndimi z'amahanga.
Ni umuhango wayobowe na Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda Dr. Namira Negm wavuze ko iyi nkunga iri mu rwego rw'ubufatanye n'umubano usanzwe hagati y'u Rwanda na Misiri kandi ko igihugu cye kiteguye gukomeza gufatanya n'u Rwanda mu bikorwa bigamije guteza imbere ubuzima bwiza bw'abaturage b'ibihugu byombi.
Ibi bikoresho birimo za mudasobwa n'ibindi bikoresho by'ikoranabuhanga bijyana nazo bije bikurikira indi nkunga y'imashini 10 ziyungurura amaraso iki gihugu cyashyikirije ibitaro bya gisirikare bya Kanombe mu cyumweru gishize.
Dr. Colonel Jean Paul BITEGA, Umuyobozi mukuru w'ibitaro bya gisirikare bya Kanombe, avuga ko ibi bikoresho biziye igihe kuko hari byinshi bizabafasha mukunoza akazi.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru