Yanditswe Jun, 12 2017 17:26 PM | 2,681 Views
Abanyamahanga 9 batuye mu karere ka Kicukiro bahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda, kuri uyu wa mbere, baravuga ko iyi ntambwe bateye izabafasha kurushaho gufatanya n'abandi kubaka u Rwanda.
Abahawe ubwenegihugu ni Umugande umwe, Umukongomani umwe n'Abarundi barindwi bashakanye n'abanyarwanda cyangwa se abanyarwandakazi. Nyuma yo kugezwaho ibikubiye mu mategeko n'amabwiriza bigenga itangwa ry'ubwenegihugu mu Rwanda ndetse no kurahira.
Frederick Golooba-Mutebi, umwe mu bahawe ubwenegihugu, yagize ati,''Ndishimye cyane kuko maze imyaka 17 nza mu Rwanda nkongera nkagenda, muri iyo myaka 17 naricaye ntekereza koko ko nshobora kuba Umunyarwanda none ubu ndiwe, kubw'ibyo ninayo mpamvu nasabye ubwenegihugu''
Umuyobozi w'akarere ka Kicukiro Dr. Jeanne Nyirahabimana, avuga ko igikorwa nk'iki cyo gutanga ubwenegihugu bw'u Rwanda ku banyamahanga babusabye ari kimwe mubiranga gahunda y'imiyoborere myiza igihugu kiyemeje, agasaba ababuhawe kumva neza akamaro kabyo. Yagize ati, "Turabasaba kugira uruhare mu iterambere ry'akarere ariko ibyo bihera ku muntu ku giti cye kuko nabo bagomba kubanza kwiteza imbere ariko bakagira n'uruhare rugaragara mu guteza imbere akarere kabo, mukubana neza n'abandi Banyarwanda no kwimakaza indangagaciro zituranga nk'Abanyarwanda''
Ikigo cy'igihugu gishinzwe abinjira n'abasohoka kivuga ko kuva mu mwaka wa 2009 kugeza ubu abanyamahanga bamaze guhabwa ubwenegihugu bw'u Rwanda ari 515, by'umwihariko mu karere ka Kicukiro abamaze kubuhabwa bakaba ari 108 kandi ko iyi gahunda ikomeje no ku bandi babyifuza kandi bujuje ibisabwa.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru