AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Kimwe n'ahandi ku isi, u Rwanda rwiteguye umunsi mpuzamahanga w'umugore

Yanditswe Mar, 07 2017 12:21 PM | 1,460 Views



Mu gihe kuri uyu wa 8 Werurwe hazaba hizihizwa umunsi mpuzamahanga w' abagore, Ministeri y' uburinganire n' iterambere ry' umuryango ivuga ko nta mugore ukwiye kwirara, uburenganzira n'agaciro abagore basubijwe bagomba kubikoresha bateza imbere ingo zabo n' igihugu muri rusange.


Mu kiganiro n' abanyamakuru kuri uyu wa kabiri,Minisitiri w' uburinganire n' iterambere ry'umuryango yagaragaje ko kuri ubu umugore w' umunyarwandakazi afite agaciro ,ibyagiye bimubangamira birimo kumubuza uburenganzira bwe mu birebana no kwiga, kuzungura, byagiye bikurwaho ndetse ngo amategeko yose yagaragazaga ubusumbane hagati y' umugabo n' umugore kugeza ubu yose yamaze kuvugururwa.

Ministiri avuga ko n'ubwo hari byinshi bimaze kugerwaho umugore adakwiye kwirara. Kugeza ubu ngo hari abagore bumva nabi ibirebana n' ihame ry'uburinganire n'ubwuzuzanye .


Ku bijyanye na gahunda zigenda zishyirwaho zigamije gufasha umugore mu birebana n' iterambere rye, bamwe mu bagore bavuga ko hari ibyo bumva bikenewe kongerwamo ingufu.Clip Ubuyobozi bw ikigega cy' iterambere BDF buvuga ko 70 ku ijana by' imishinga bakira ari iy' abagore. Bakaba bamaze kwakira imishinga irenga ibihumbi 90 y' abagore. Duterimbere yo imaze kwegera abagore basaga ibihumbi 5000 ibafasha kwiteza imbere naho Inama y' igihugu y' abagore ivuga ko abagore bagera kuri 750 aribo bamaze kuremerwa mu mujyi wa kigali.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira