AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Kwitabira amashuli y'incuke biracyari hasi ku bana bato--MINEDUC

Yanditswe Nov, 08 2018 22:27 PM | 20,659 Views



Minisiteri y'uburezi irasaba abafatanyabikorwa bayo gushyira imbaraga mu guteza imbere uburezi bw'abana b'incuke kuko ariho uburezi bushingiye. Abanyamadini nk'abafatanyabikorwa mu burezi bo baravuga ko bagiye kugira uruhare mu guteza imbere uburezi bw'abana b'incike.

Minisiteri y'uburezi igaragaza ko kwitabira uburezi bw’abana b'incuke biri ku kigero cya 20.6%. Isaac Munyakazi ni umunyamanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n'ayisumbuye, avuga ko uburezi bw'abana b'incuke bukirimo icyuho. Yagize ati, "Uburezi bw'abana b'incuke aha mu Rwanda buracyarimo icyuho aho abana bangana na 20.6% ari bo bagana amashuri y'incuke, aha rero minisiteri y'uburezi iragaragaza ko hakiri icyuho bitewe n'uko ireme ry'uburezi rishingira ku kuba umwana yarateguwe akiri muto."


Mu nama yahuje inzego zishinzwe uburezi mu Rwanda, abafatanyabikorwa biganjemo abanyamadini biyemeje kuzamura umubare w'abana bagana amashuri y'incuke.

Minisiteri y'uburezi ivuga ko imaze guhugura abarimu 1,600 bigisha mu mashuri y'incuke, basanga abayobozi bashinzwe uburezi mu turere. Leta y'u Rwanda kandi ifite intego y'uko muri 2024 umubare w'abana biga mu mashuri y'incuke uzagera kuri 54% naho muri 2030 ugere ku 100%.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira