AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

#MAIConference: Perezida Kagame yagarutse ku iterambere ry'uburezi muri Afurika

Yanditswe Jul, 05 2017 15:51 PM | 3,139 Views



I Kigali hatangiye inama mpuzamahanga ku ireme ry'uburezi muri Afurika izamara iminsi 2, yateguwe n'ikigo nyafurika gishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry'intego z'iterambere rirambye, SDGs CENTRE FOR AFRICA.

Perezida wa republika Paul Kagame wayitangije ku mugaragaro yagarutse ku mikoranire hagati ya za guverinoma, abikorera na za kaminuza.

Yagarutse kandi ku buryo uburezi muri Afrika bugenda butera imbere, gusa agaragaza ko bugikeneye guterwa inkunga. Aha ni ho yavuze ko guverinoma zonyine zitakwifasha mu bijyanye n'imari ikenerwa mu bikorwa by'uburezi. Yavuze ko Afurika ikeneye kugira umubare munini w'abize kuko kugeza ubu bakiri bake. Kwiga ku banyafurika umukuru w'igihugu Paul Kagame avuga ko ari byo bizatuma bihesha agaciro nk'abantu, barwanye ubukene ndetse bumve batekanye.

Perezida Kagame asanga kugira ngo ibyo Afrika yifuza kugeraho bizashoboka ari uko hari imiyoborere ikorera mu mucyo. Yanagarutse kandi no ku guca ubumbane hagati y'abagore n'abagabo bukwiriye kuvaho mu burezi.

Muri iyi nama kandi hagaragajwe uburyo Afrika itanga miliyari 4 z'amadolari buri mwaka itumiza impuguke zije gukora imwe mu mirimo ziba zikenewemo. Gusa hagaragajwe n'umuhigo w'uko mu mwaka w'2030 kaminuza 20 zo muri Afurika zigomba kuzaba zigaragara muri kaminuza 300 za mbere nziza ku isi zitanga uburezi bufite ireme.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr

Oscar Pistorius yafunguwe ku mbabazi nyuma y'imyaka 9 afunze kubwo kwica um

Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda

Twitege iki kuri Tour du Rwanda ya 2024?

Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya

Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023

Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abage