Yanditswe Oct, 26 2017 14:45 PM | 3,875 Views
Gufasha abanyeshuri kunoza no guhuza amasomo yabo n’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo bitanga umusaruro mwiza ugira uruhare mu iterambere ry’ ubukungu.
Mu nama y’ umunsi umwe ihuje minisiteri y’ uburezi n’ abafatanyabikorwa bayo banyuranye harasuzumirwa hamwe uburyo bwo guteza imbere ubujyanama buhabwa abanyeshuri hashingiye ku masomo bo ubwabo baba barahisemo kwiga.
Minisiteri y’ uburezi yo ivuga ko kuva mu ntangiriro ubu bujyanama bwahabwaga abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere uwa 3 n’ uwa 6 mu mashuri yisumbuye, ariko ngo ubu iyi gahunda yagejejwe mu myaka yose y’amashuri yisumbuye.
Minisiteri y’uburezi ivuga ko ubujyanama buhabwa abanyeshuri bugomba kujyana guteza imbere impano bafite, ibintu iyi minisiteri yemeza ko bigira n’ uruhare ku iterambere ry’ ubukungu bw’igihugu.
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru