AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

MININFRA irateganya ikigega cy'amafaranga azorohereza abubaka inzu ziciritse

Yanditswe May, 09 2017 14:25 PM | 3,381 Views



Miliyoni hagati ya magana abiri  na magana abiri na mirongo itanu z'amadolari y'Amerika niyo agiye gukoreshwa na ministeri y'ibikorwa-remezo n'ugutangiza ikigega kizafasha mu korohereza abubaka inzu ziciriritse zo guturamo.

Ibi byatangajwe na minisitiri w’ibikorwa remezo, James Musoni, ubwo yari imbere ya komisiyo y’ingengo y'imari n’ubukungu mu nteko ishinga amategeko mu biganiro ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2017/2018. 

Minisitiri James Musoni avuga ko iki kigega ari kimwe mu bizafasha mu kubaka inzu ziciriritse bityo bifashe abaturage benshi bafite ikibazo cyo kubona amacumbi. Minisitiri Musoni kandi yabwiye komisiyo y'inteko ko iyi ministeri yafashe icyemezo cyo guteza imbere ibikoresho byubakishwa bikorerwa mu Rwanda, kuko kugeza ubu mu rwanda hamaze kugera ibigo bifite ubushobozi kandi bikora ibikoresho bihendutse.

Ikindi kandi ngo nuko bashyizeho amabwiriza y’uko ibyo bikoresho bigomba kuba bihendutse kurusha ibitumizwa mu mahanga. Minisitiri yavuze ko kugeza ubu ingengo y’imari ya Minisiteri y’Ibikorwa remezo itwara 14% by’ingengo y’imari yose y’igihugu, bikaba bisaba ko ikoreshwa mu bikorwa bifatika kandi bikemura ibibazo by’abaturage.

Muri Gashyantare uyu mwaka Ikigo cy'igihugu cy'imiturire cyatangaje ko cyari ifite umushinga wo kubaka inzu 30,000 mu cyerekezo cya Leta cyo kubaka inzu ziciriritse.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)