AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Ministeri y'ubutabera igiye kuyobora Polisi y'u Rwanda ndetse na RCS

Yanditswe Oct, 12 2016 11:25 AM | 3,394 Views



Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu habaye ihererekanya bubasha hagati ya Minisiteri y'ubutabera n'iyari Minisiteri y'umutekano mu gihugu yakuweho ubwo havugururwaga guverinoma.

Minisiteri yahoze ari iy'umutekano mu gihugu mu byo yashyikirije iy'ubutabera harimo n'inyandiko zirebana n'ibikorwa n'imihigo bya police n'urwego rw'igihugu rushinzwe  imfungwa n'abagororwa.

Sheikh Musa Fazil Harerimana wayoboraga iyo ministeri yakuweho avuga ko Police n'urwego rushinzwe imfungwa n'abagororwa na byo bigiye kuyoborwa na ministeri y'ubutabera.

Ku ruhande rwa Minisiteri y'ubutabera ihawe izo nshingano ministre Johnston Busingye avuga ko hari hasanzwe imikoranire myiza hagati ya ministeri zombi. Yizeza ko hagiye kubaho impinduka mu mikorere kuko iyi ministeri yongerewe inshingano kugirango hazatangwe service zinoze.

Sheikh Musa Fazil Harelimana yanatangaje ko abakozi 30 muri 32 bari basanzwe bakorera muri Minisiteri y'umutekano mu gihugu babonye indi mirimo nyuma y'iminsi 2 gusa habayeho amavugururwa muri iyi ministeri.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama