AGEZWEHO

  • Amerika yakebuwe ku kwinangira gukoresha imvugo nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...
  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...

Ministre Nsengimana avuga ko urubyiruko rukwiye gukura imishinga mu mpapuro

Yanditswe Nov, 15 2017 21:02 PM | 4,997 Views



I Kigali hasojwe inama y’iminsi 3 yahuje ba rwiyemezamirimo bafite ibigo bito n’ibiciriritse n’abahagarariye ibigo by’imari na za banki kuri uyu mugabane w’Afrika. Minisiteri y'ikoranabuhanga irasaba abafite ibitekerezo by'imishinga y'ikoranabuhanga gutinyuka bakayivana mu mpapuro igashyirwa mu bikorwa kuko ibigo by’imari byiyemeje gushyigikira urubyiruko mu guhanga imirimo.

Bamwe mu rubyiruko bavuga ko bagifite ikibazo cy'ubushobozi bwo gushyira mu bikorwa imishinga yabo. Ndekezi James, agira ati "...akenshi urubyiruko rukunda kugira ikibazo cyo kugira ubushobozi muri rwo, ugasanga wenda urubyiruko rufite umushinga runaka w'ikoranabuhanga ariko ikibazo kikaba ibikoresho bicye.

Minisitiri w'ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana ashishikariza abafite imishinga ko ikwiye kuva mu mpapuro ikajya mu bikorwa bahereye ku bushobozi bafite, leta ikabunganira. Yagize ati, "Ndagira inama umuntu ufite igitekerezo kugishyira mu bikorwa, ntabwo umuntu azajya yirirwa afite igitekerezo mu mpapuro akizengurukana avuga ngo nkeneye inkunga, igitekerezo cy'ikoranabunganga icyo gikeneye ni telephone igendanwa ugatangira ukagaragaza uburyo kizakora nta gitekerezo cy'ikoranabuhanga kizagusaba igishoro cya miriyoni 10, ugomba gutangira ikintu kakiri gato ariko ukerekana igikorwa nta muntu uzagura igitekerezo.

Minisitiri Nsengimana avuga kandi ko ikigo cya K-Lab gifasha gukuza impano z'urubyiruko mu ikoranabuhanga cyatanze umusaruro kuko  mu myaka 5 ishize, cyakiriye urubyiruko rugera ku 1,400 naho kompanyi 60 zavukiye mu bikorwa by’ihuriro rya youthconnekt, zimaze gutanga akazi ku bantu ibihumbi 4,000.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #