AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ministre w'intebe Bwana Anastase Murekezi yarahije abashinjacyaha

Yanditswe Apr, 14 2016 18:07 PM | 1,614 Views



Ministri w'intebe Anastase MUREKEZI avuga ko ibyaha byo guhohotera abarokotse jenoside n'abandi batishoboye bitakagombye kurangirizwa mu bunzi gusa ahubwo bigomba no kujyanwa mu nkiko zisanzwe kugirango bisuzumanwe ubushishozi niba nta bindi byaha biba bibyihishe inyuma.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa kane ubwo yayoboraga umuhango wo kurahiza abashinjacyaha bo ku rwego rw'ibanze.

Abashinjacyaha bo ku rwego rw'ibanze barahiriye imbere ya Ministri w'intebe ni batanu kandi bose ni abagore. Abo ni Flora Mwizerwa, Uwineza Marguerite, Mukeshimana Jacquelime, Ingabire Liliane ndetse n'Uwamahoro Chantal.

Ministri w'intebe Anastase MUREKEZI asanga hari ibyaha byakagombye kwitabwaho by'umwihariko ari nayo mpamvu asaba amavugururwa mu rwego rw'ubushinjacyaha, "Hari n'ibyaha bitajyaga bigera ku bashinjacyaha ibyaha twari twarahariye abunzi aho twavugaga ko icyaha nk'ibyibwe cg indishyi z'icyaha cyakozwe kitarengeje miliyoni 5 z'amafranga y'u rwanda biharirwe abunzi nkuko biteganywa mu mategeko dufite ubungubu ariko bigomba kuvugururwa kuko nkubungubu nta kuntu umukecuru warokotse jenoside yakorewe abatutsi agasigara ari incike nta mutungo afite noneho leta ikamuha inka muri gahunda ya girinka igisambo kikaza kikayiba kikayibaga ngo tuvuge ngo umukecuru najyane n igisambo ku bunzi ngo ntakindi ngo kuko iyo nka yari ifite agaciro k'ibihumbi 400ngo biri kure cyane munsi ya miliyoni 5 icyo ni icyaha gikomeye kirimo ubugome,ubusambo,ingengabitekerezo ya jenoside bene icyo cyaha kirakomeye kigomba gusubizwa mu nkiko zisanzwe"

Abashinjacyaha bo ku rwego rw'ibanze barahiye bavuga ko kuba bari basanzwe mu rwego rw'ubushinjacyaha hari icyo byongeraho ariko ngo ntibibujije ko inshingano zikomeye zibategereje bazibona.

Ministri w'intebe Anastase MUREKEZI yavuze ko urwego rw'ubushinjacyaha bugomba kubera abandi urugero mu guha umwanya abagore abihereye ku barahiye. Mu bashinjacyaha 333 bari mu rwanda, 153 muri bo ni abagore ni ukuvuga 46 ku ijana.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama