AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Mozambique: Perezida Kagame yatanze ubutumwa ku bumwe no kwigira kw'abanyarwanda

Yanditswe Oct, 25 2016 12:11 PM | 2,104 Views



Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri perezida wa republika Paul Kagame uri mu ruzinduko Maputo muri Mozambique, yunamiye intwari z'iki gihugu zishyinguye mu rubuga rwa Mozambique's Heroes Square.

Nyuma yatanze ikiganiro cyitabiriwe n'impuguke,abashakashatsi n'abanyeshuli ba za kaminuza n'abashoramari.

Perezida Kagame yavugaga ku ruhare rw'abikorera mu iterambere ry'u Rwanda. Yagaragaje ko buri wese ku giti cye arebwa n'imibereho myiza ye, atiriwe ategereza uruhare rw'abanyamahanga n'abaterankunga.

Yagarutse kandi ku mitangirwe ya service no gukorera mu mucyo, aho yasobanuye ko abayobozi bagomba gukorera abaturage aho gukora ibinyuranye n'ibyo.

Perezida Kagame yanagarutse ku buryo abanyarwanda bihaye gahunda yo kunga ubumwe ndetse n'uko rwize kwishakira ibisubizo binyuze mu biganiro n'ubwumvikane.

Yasobanuye ko Abanyarwanda bamaze guhangana n'ingana n'ingaruka za Jenoside, bafashe izindi ntego zasaga n'izidashoboka ariko ziza kugerwaho. Urugero yatanze ni uko mu myaka itagera ku 10 inkiko Gacaca zaburanishije miliyoni 2 z'imanza ubusanzwe zari kuburanishwa mu myaka 100 mu nkiko zisanzwe.

Yavuze ko ubwiyunge bwasabaga ko habaho gutanga ubutabera, kuko abanyarwanda bagombaga kongera kubana.

Yabwiye abari muri iki kiganiro ko habayeho gukangurira abanyarwanda bose kugira uruhare mu kubaka umuryango nyarwanda mushya utandukanye n'uwa kera.

 Perezida Kagame yatangaje ko ibi byemezo byose abanyarwanda babikoraga hari bamwe mu baterankunga n'abafatanyabikorwa n'u Rwanda batari babyishimiye cyangwa ngo babishyigikire.

Yanavuze ko ibyakorwaga byose habagaho kwibaza niba bizunga abanyarwanda cg bizarushaho kubatanya.

Yagize ati twagenaga ibizakorwa dushingiye ku byo dukeneye n'inyungu z'abanyarwanda akaba ari byo twibandaho.

Yemeje ko kwari ukwiyemeza guhangana n'ingaruka byagira uko iminsi yagombaga kugenda iza.

Yavuze ko uburyo Jenoside yari yasenye u Rwanda hari benshi batumvaga uko rwazongera kuba igihugu abantu bakongera kubamo, ari naho yavuze ko u Rwanda na Mozambique, ari ibihugu bisangiye kwiyemeza hagamijwe kubaka igihugu kigenga kandi gifite iterambere ry'abaturage rizanaramba. 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura