AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Musanze: ADEPR yahaye impfubyi n'abapfakazi ubwisungane mu kwivuza n'inka 60

Yanditswe Dec, 29 2016 12:20 PM | 1,533 Views



Umuvugizi wa ADEPR mu Rwanda Mgr Sibomana Jean aratangaza ko igihe kigeze ngo ivugabutumwa ryose ribe irikemura ibibazo kandi rirangwe n’ibikorwa bizamura abatishoboye.

Ibyo yabitangarije I Musanze kuri uyu wa gatatu mu gikorwa  cyo koroza impfubyi n’abapfakazi inka 60 no gushyikiriza abatishoboye ubwisungane mu kwivuza.

Ibyo bikorwa bifite agaciro ka millions 14, ababigenewe baremeza ko bagiye guhindura ubuzima.

Ni mu gihe abahawe inka mu gihe gishize bo bishimira ko bagiye gusoza umwaka banywa amata.

Abatangabuhamya ku byiza Gahunda ya Girinka munyarwanda kugeza ubu bagaragaza ko ari inkingi ya mwamba y’ubuzima bw’aborojwe kuva yatangizwa n’umukuru w’igihugu Paul Kagame. Abenshi mu bazihawe barimo imiryango ikennye, impfubyi n’abapfakazi n’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bari barigeze gutunga inka zikaribwa n’Interahamwe.

 Mu gushyigikira iyo gahunda Itorero ADEPR mu Rwanda ryateguye igikorwa nk’icyo cyo koroza impfubyi n’abapfakazi b’abahoze ari abavugabutumwa baryo bakitaba Imana ndetse n’abavugabutumwa bageze mu zabukuru mu rwego rwo kubashajisha neza. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira