AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

NISR yatangaje umusaruro mbumbe w'u Rwanda mu gihembwe cya gatatu cya 2016

Yanditswe Jan, 03 2017 11:45 AM | 1,805 Views



Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, NISR, kimaze gutangaza ko mu gihembwe cya gatatu cya 2016, umusaruro mbumbe w’u Rwanda uri kuri miliyari 1,662 z'amafaranga y'u Rwanda uvuye kuri miliyari 1,506 wariho mu gihembwe nk'iki cy'umwaka wa 2015. Ibi bivuze ko habayeho izamuka rya 5.2% ugereranyije n'umwaka wa 2015.

Imibare yerekana ko muri iki gihembwe urwego rwa serivisi rwakomeje kuza imbere mu izamuka ry’umusaruro mbumbe w'igihugu, aho rufite 48%, ubuhinzi 33% mu gihe urwego rw'inganda rwo rufite 13%.

Ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga byagabanutseho 13% ahanini bitewe n’ikawa yagabanutseho 14% n’icyayi kigabanukaho 23%. Inganda zo ahanini zatejwe imbere n’ubwubatsi bwazamutseho 12%.

Ubucuruzi bwo kuranguza n’ubw’ikintu kimwe kimwe bwazamutseho 9%, amahoteli na resitora bizamukaho 6%, serivisi za Leta zihabwa abaturage zizamukaho 19%, naho itumanaho no gutanga amakuru bigabanukaho 2%.

Ikigo cy'igihugu cy'ibarurishamibare kigaragaza ko muri rusange muri ibi bihembwe bitatu bishize by'umwaka wa 2016, umusaruro mbumbe w'igihugu wazamutse ku gipimo cya 6%. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira