AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Ni inshingano z'abanyapolitike muri Afurika guharanira uburinganire--HE Kagame

Yanditswe May, 11 2017 18:27 PM | 3,158 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kuba ibihugu bya Afurika bitarabasha koroshya itumanaho ngo abaturage babashe guhamagarana ku buryo buhendutse (One Network Area) biterwa no kutumva kimwe inyungu zo guhuza itumanaho.

Perezida w'u Rwanda Paul Kagame ari kumwe n'abandi bakuru b'ibihugu uwa Mali, Ibrahim Boubacar Keita, uwa Djibouti Ismail Omar Guelleh , uwa Niger Mamadou Issoufu, Visi perezida wa Zambia Inonge Wina, Minisitiri w'Intebe wa Sao Tome et Principe, Patrice Emery Trovoada, Minisitiri w'Intebe wa Gabon, Emmanuel Issoze-Ngondet na minisitiri w'intebe wa Guinee Equatorial, Francisco Eyege Obama; batanze ibiganiro ku ngingo zitandukanye zigamije guteza imbere umugabane wa Afurika binyuze mu ikoranabuhanga.

Perezida Paul Kagame yari yasabwe kuvuga kuri gahunda yiswe One Network Area, ifasha abatuye ibihugu binyuranye guhamagarana nta kiguzi cy'inyongera kibayeho. 

Uburinganire ni indi ngingo yagarutsweho muri iki kiganiro, visi perezida wa Zambia, Inonge Wina yavuze ko igihe kigeze ngo umugore wa Afurika ahabwe ijambo muri byose bitandukanye na kera aho umugore yabarizwaga mu bikorwa by'ubuhinzi gusa.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze urugero ko mu Rwanda mbere abakobwa bari bacye mu mashuri ugereranyije n'abahungu, ubu umubare wabo ukaba ugeze aho uruta uw'abahungu, bitewe na politiki nziza ikwiye gukoreshwa mu buringanire.

Mu bandi bakuru b'ibihugu barimo uwa Djibouti n'uwa Niger, nabo mu kiganiro batanze bagarutse ku ruhare rw'ikoranabuhanga mu guteza imbere umugabane wa Afurika.

Perezida wa Niger Mahamadou Issoufu yavuze ko bakwirakwije murandasi y'ubuntu mu murwa mukuru w'iki gihugu,  Niamey ifasaha abaturage kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, ngo yanazanye umubare munini w'urubyiruko I Kigali muri iyi nama ngo rubafe kwaguga mu bijyanye n'amahirwe yo guhanga imirimo biciye mu ikoranabuhanga.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize