Yanditswe May, 11 2017 18:27 PM | 3,158 Views
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kuba ibihugu bya Afurika bitarabasha koroshya itumanaho ngo abaturage babashe guhamagarana ku buryo buhendutse (One Network Area) biterwa no kutumva kimwe inyungu zo guhuza itumanaho.
Perezida w'u Rwanda Paul Kagame ari kumwe n'abandi bakuru b'ibihugu uwa Mali, Ibrahim Boubacar Keita, uwa Djibouti Ismail Omar Guelleh , uwa Niger Mamadou Issoufu, Visi perezida wa Zambia Inonge Wina, Minisitiri w'Intebe wa Sao Tome et Principe, Patrice Emery Trovoada, Minisitiri w'Intebe wa Gabon, Emmanuel Issoze-Ngondet na minisitiri w'intebe wa Guinee Equatorial, Francisco Eyege Obama; batanze ibiganiro ku ngingo zitandukanye zigamije guteza imbere umugabane wa Afurika binyuze mu ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yari yasabwe kuvuga kuri gahunda yiswe One Network Area, ifasha abatuye ibihugu binyuranye guhamagarana nta kiguzi cy'inyongera kibayeho.
Uburinganire
ni indi ngingo yagarutsweho muri iki kiganiro, visi perezida wa Zambia, Inonge
Wina yavuze ko igihe kigeze ngo umugore wa Afurika ahabwe ijambo muri byose
bitandukanye na kera aho umugore yabarizwaga mu bikorwa by'ubuhinzi gusa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze
urugero ko mu Rwanda mbere abakobwa bari bacye mu mashuri ugereranyije
n'abahungu, ubu umubare wabo ukaba ugeze aho uruta uw'abahungu, bitewe na
politiki nziza ikwiye gukoreshwa mu buringanire.
Mu
bandi bakuru b'ibihugu barimo uwa Djibouti n'uwa Niger, nabo mu kiganiro
batanze bagarutse ku ruhare rw'ikoranabuhanga mu guteza imbere umugabane wa
Afurika.
Perezida wa Niger Mahamadou Issoufu yavuze ko bakwirakwije murandasi y'ubuntu mu murwa mukuru w'iki gihugu, Niamey ifasaha abaturage kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, ngo yanazanye umubare munini w'urubyiruko I Kigali muri iyi nama ngo rubafe kwaguga mu bijyanye n'amahirwe yo guhanga imirimo biciye mu ikoranabuhanga.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru